Ibi yabigaragaje mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yari yitabiriye inama yiga ku ishoramari ry’imikino muri Afurika ya ‘SportsBiz Africa Forum 2026’ yabereye kuri Kigali Convention Centre, kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2026.
Musonye yavuze ko u Rwanda rwakoze impinduka mu bigendanye n’iterambere rya siporo, ndetse by’umwihariko mu mupira w’amaguru wa Afurika y’Iburasirazuba.
Ati “Ndashaka gushimira u Rwanda n’Abanyarwanda ku mpinduka zakozwe, kuko si rwo rwabyikoreye gusa, ahubwo rwabikoreye na Afurika y’Iburasirazuba yose.”
Yakomeje avuga ko ari yo mpamvu bifuza ko rugira uruhare mu Gikombe cya Afurika cya 2027, kugira ngo kigende neza kandi akarere kagaragaze ubushobozi gafite bwo kwakira amarushanwa akomeye.
Ati “Igikombe cya Afurika turi gutegura ni icy’akarere, si icya Kenya, Uganda cyangwa Tanzania gusa. Rero turashaka ko u Rwanda rukigiramo uruhare mu buryo bumwe cyangwa ubundi, kuko iki gihugu cyahinduye byinshi mu mupira w’amaguru w’aka karere.”
“Turashaka ko rero u Rwanda rugira uruhare runini mu irushanwa. Icya mbere ni uko Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izabanza ikabona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, icya kabiri ni ukubona amakipe menshi azahatana muri ririya rushanwa yitegurira mu Rwanda. Hari Stade Amahoro yabafasha n’ibindi bikorwaremezo.”
Igikombe cya Afurika giteganyijwe kuva tariki ya 19 Kamena kugeza ku ya 17 Nyakanga 2027. Muri uku kwezi kwa Nzeri, amakipe y’ibihugu aratangira guhatanira gushaka itike yo kuzarikina.
Ikipe y’u Rwanda ‘Amavubi’ iri mu Itsinda K, aho iri kumwe na Liberia, Cap-Vert na Mali. Umukino wayo wa mbere uzaba ku wa 25 Nzeri, ikurikizeho Cap-Vert ku wa 29 Nzeri, mu gihe imikino ya Mali iri mu Ugushyingo 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!