00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

African Super League igiye kongera gukinwa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 30 March 2026 saa 03:34
Yasuwe :

Perezida w’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yemeje ko irushanwa rya African Super League ryaherukaga mu 2023 rigiye kongera gukinwa mu isura nshya.

Ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, ni bwo i Cairo mu Misiri habereye inama ya Komite Nyobozi ya CAF, igaruka ku bibazo birimo iby’amarushanwa, imisifurire n’amategeko agenga iri rushanwa.

Motsepe yavuze ko iri rushanwa ryaterwaga inkunga na Visit Rwanda, rizakinwa mu mpera z’uyu mwaka wa 2026, ndetse hakaba hari gushakwa abazaritera inkunga.

Yagize ati “African Super League izagaruka umwaka utaha. Ubu turi gushaka abaziyitera inkunga."

Africa Football League ni irushanwa ryiyongereye kuri CAF Champions League na CAF Confederation Cup, rikaba ryaherukaga gukinwa mu 2023. Kuva icyo gihe ntiryongeye gushyirwa ku ngengabihe y’amarushanwa ya CAF.

Amakipe yaryitabiriye ubwo ryegukanwaga na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, yinjije miliyoni 100$, harimo miliyoni 4$ zahawe iyi kipe yaryegukanye.

Kuri iyi nshuro ryitezwemo impinduka nubwo hataratangazwa izo ari zo, gusa amakipe arindwi yabonye itike yo kuzarikina, bitewe n’uko ahagaze ku rutonde rusange rwa CAF mu gihe cy’imyaka itanu ishize.

Ayo ni USM Alger, CR Belouizdad, Al Ahly SC, Pyramids FC, Mamelodi Sundowns, Espérance de Tunis na RS Berkane.

Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, yemeje ko irushanwa rya African Super League rigiye kongera gukinwa
Mamelodi Sundowns ni yo yegukanye iri rushanwa bwa mbere
Irushanwa rya African Super League rikinwa n'amakipe akomeye muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages