Ibirwa bya Maurice byakiriye uyu mukino i Curepipe nyuma yo kunyagirwa na Ghana ibitego 7-1 i Accra mu mukino wa mbere w’iri tsinda ririmo u Rwanda na Mozambique ryo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon mu 2017.
Fabien Pithia yatsinze iki gitego ku munota wa 48 ku mupira yateye ahana ikosa.
Igice kinini cy’umukino w’Ibirwa bya Maurice wakinwe bugarira, bayobowe na Alain Happe na Joe Tshupula.
Mu gice cya kabiri, Mozambique yaremye uburyo bwinshi bwashoboraga kuvamo igitego ariko umunyezamu Kevin Jean-Louis akuramo imipira nk’itatu ikomeye.
Ibi birwa bya 185 ku rutonde rwa FIFA byatsinze Mozambique ya 95 bizakira u Rwanda tariki ya 23 Werurwe 2016, umukino wa gatatu wo muri iri tsinda gusa tariki ya 7 Ukwakira 2015 bazakina na Kenya mu majonjora y’igikombe cy’Isi kizabera mu Burusiya mu 2018.
Ghana iyoboye itsinda H n’amanota 6 izigamye ibitego 7 ikurikiwe n’u Rwanda rufite amanota 3 banganya n’ Ibirwa bya Maurice ariko bifite umwenda w’ibitego 5 naho Mozambique ntirabona inota n’umwenda w’ibitego 2.
Imwe mu mikino y’amajonjora y’igikombe cy’Afurika 2017
Namibia 0-2 Senegal
Comoros 0-2 Uganda
Burundi 2-0 Niger
Sao Tome e Principe 0-3 Maroc
Guinea Bissau 2-4 Congo
Liberia 1-0 Tuniziya
Tanzania 0-0 Nigeria
Sudani y’Epfo 1-0 Guinea Equatorial
Seychelles 1-1 Ethiopia
Maurtania 3-1 Afurika y’Epfo
Kenya 1-2 Zambia
Centrafrique 2-0 DRC



















TANGA IGITEKEREZO