Kuva kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 kuzageza ku ya 30 Werurwe 2026, mu Rwanda hazaba hari kubera imikino ya gicuti itegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).
Iyi ni imikino ihuriza hamwe ibihugu bidakunze kubona imikino ya gicuti byo ku migabane itandukanye y’Isi, kugira ngo na byo bijye bibona imikino mpuzamahanga.
Mu Rwanda hari gukinirwa amatsinda abiri arimo ibihugu umunani. Itsinda A ririmo u Rwanda, Grenada, Kenya na Estonia, naho Itsinda B rikabamo Aruba, Liechtenstein, Macau na Tanzania.
Usibye amakipe, abatoza n’abayaherekeje, mu Rwanda hari n’abanyamakuru Mpuzamahanga n’abategura amarushanwa ya FIFA.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko abazitabira bose barenga 1000 kandi hari umusanzu bazatanga mu bukungu bw’igihugu.
Ati “Abaje barimo abazanye n’amakipe yabo, abanyamakuru, hari abaturanyi ba Kenya na Tanzania na bo baje. Byibuze abari hano basaga 1000. Abo bose bari hano, baracumbitse mu gihe cy’icyumweru.”
“Amahoteli arindwi kugeza ubu ni yo acumbitsemo amakipe, abafana na bo bari aho bashaka. Hari abashaka gutembera u Rwanda mu gihe nta mikino ihari, ibyo byose birateguye.”
FERWAFA ifatanyije n’Umujyi wa Kigali, hari gutegurwa igikorwa cy’Umuganda Rusange uzahuriramo abitabiriye irushanwa rya FIFA Series mu rwego rwo kurushaho gusabana no kubafasha kumenya u Rwanda birushijeho.
Umukino wa mbere wa FIFA Series uteganyijwe kuri uyu wa Kane, aho kuri Kigali Pelé Stadium haza gukinira Aruba na Macau, naho Tanzania yakire Liechtenstein.
Indi mikino izaba ku wa Gatanu, aho Kenya izahura na Estonia, u Rwanda rukine na Grenada, kuri Stade Amahoro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!