00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batatu mu bazasifura CAF Women’s Champions League CECAFA qualifiers i Kigali

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 August 2026 saa 11:18
Yasuwe :

Mu basifuzi batoranyijwe kuzasifura irushanwa rya ‘CAF Women’s Champions League CECAFA qualifiers 2026’, ryitabirwa n’amakipe yitwaye neza iwayo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, harimo Abanyarwanda batatu, ari bo Henriette Buyukenya, Aline Umutoni na Regine Mukayiranga.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama 2026, ni bwo kuri Kigali Pele Stadium hatangira kubera imikino yo gushaka itike yo kujya mu matsinda ya CAF Women’s Champions League.

Mbere y’uko irushanwa ritangira Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA), rishyira hanze abasifuzi bazasifura imikino yose.

Ali Ahmed uhagarariye Komisiyo y’Abasifuzi muri CECAFA, yavuze ko bameze neza kandi biteguye kwitwara neza mu irushanwa.

Ati “Tunejejwe n’urwego abasifuzi n’abungiriza babo batumiwe bariho uyu munsi. Twizeye neza ko bazakoresha imbaraga zabo zose bagatuma imikino igenda neza.”

Irushanwa rizatangira ku itariki ya 21 kugeza 31 Kanama 2026, rizabera i Kigali ryitabirwe n’amakipe 10, risifurwe n’abasifuzi umunani n’abungiriza babo icyenda.

Muri aba basifuzi harimo Umunyarwandakazi umwe gusa, ari we Umutoni Aline, akaba aherutse no gusifura mu Gikombe cya Afurika cyabereye muri Maroc, aho yari kumwe na Josephine Wanjiku wo muri Kenya bombi bazaba bari muri CECAFA.

Abandi basifuzi ni Henriette Buyukenya na Regine Mukayiranga bo mu Rwanda, Diana Murungi na Immaculate Ongiera ba Uganda, Joseyline Nsabimana na Anitha Niyokindi b’i Burundi.

Hari kandi Josephine Wanjiku na Virgina Wangui ba Kenya, Deka Muse wa Djibouti na Mary Sulaimani na Zawadi Yusuf ba Tanzania, Yordanos Mulgeta na Woinshet Abera ba Ethiopia, Arsema Haile wa Eritrea, ndetse na Emmanuella Ako na Stella Sebit ba Sudani y’Epfo.

Amakipe yitabiriye irushanwa ni Rayon Sport WFC, Yei Joint Star FC, Mafunzo SC, Denden FC, CBE FC, Kawempe Muslim Ladies, FC Ujeco, Simba Queens, Kenya Police Bullets FC na Top Girls Academy FC.

Abanyarwanda batatu mu bazasifura muri CAF Women’s Champions League CECAFA qualifiers i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages