Amakipe y’ibihugu muri Afurika akomeje guhatana mu majonjora y’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique.
Ibihugu bimwe bya Afurika byakomeje kugira ikibazo cy’ibibuga bitujuje ibisabwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), biba ngombwa ko bishaka aho byakirira imikino yabyo.
Congo Brazzaville yahise yegera abaturanyi bayo ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayitiza ikibuga igomba kwakiriraho umukino uzayihuza na Maroc.
Komiseri w’uyu mukino uzabera kuri Stade des Martyrs tariki ya 11 Kamena 2024, azaba ari Umunya-Tchad Moussa Abakar Moussa.
FIFA ikaba yaragiriye icyizere Abanyarwanda ku kuba ari bo bayobora uyu mukino w’Umunsi wa Kane mu yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi.
Abo basifuzi ni Uwikunda Samuel umenyereye imikino mpuzamahanga, uzaba ari mu kibuga hagati, Mutuyimana Dieudonné na Ishimwe Didier basifura ku mpande ndetse na Twagirumukiza Abdoul Karim uzaba ari umusifuzi wa kane.
Kugeza ubu Maroc iyoboye Itsinda E aho imaze gukina umukino umwe mu gihe Congo Brazzaville ari iya gatanu. Andi makipe biri kumwe ni Zambia, Niger, Tanzania na Eritrea.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!