00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda babiri baritezwe: UEFA Champions League yagarutse!

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 September 2026 saa 11:26
Yasuwe :

Irushanwa rihuza amakipe akomeye ku Mugabane w’u Burayi rya UEFA Champions League rigiye gutangira, ndetse ku nshuro ya mbere rizagaragaramo abakinnyi b’Abanyarwanda, gusa amahirwe yo kuryegukana kuri bo ari kure bigendanye n’imikino n’amakipe y’ibigugu bazahura na yo.

Ni imikino itangira mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 8 Nzeri 2026, rigahera ku mikino itandatu.

AEK Athens FC ikinamo Hakim Sahabo irakina na LASK yo muri Autriche, Club Brugge ikine na Aston Villa, Borussia Dortmund na Villarreal, FC Porto na Manchester City, Lille na Real Betis ndetse na Real Madrid ihura na Inter Milan ari na wo mukino w’umunsi.

Mbere y’uko iri rushanwa ritangira, tugiye kurebera hamwe amahirwe amakipe afite yo kwegukana iri rushanwa ribona umugabo rigasiba undi.

Urubuga rwa Opta rusesengura amakipe, abakinnyi n’imikino itandukanye rukibanda cyane i Burayi, rwagaragaje amakipe meza ahabwa amahirwe yo kwegukana UEFA CHampions League, rugendeye ku ko amakipe yitwaye ku isoko ry’abakinnyi n’imyiteguro itandukanye.

Mu makipe ya mbere ahabwa amahirwe harimo Arsenal yagarukiye ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize wa 2025/26, aho ifite amahirwe ku kigero cya 20,4%.

FC Bayern Munich yo mu Budage yaviriyemo muri ½, yahawe amahirwe yo kwegukana iri rushanwa kuri iyi nshuro ifite amahirwe ya 20%, Manchester City ikagira 12,7% ku mwanya wa gatatu.

Paris Saint-Germain yegukanye Igikombe cya UEFA Champions League cya 2025/26, yashyizwe ku mwanya wa kane ku kwisubiza iri rushanwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, aho ifite amahirwe angana na 7,3%.

FC Barcelone yo muri Espagne, ihabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa bigendanye n’uko imaze iminsi yitwara, ariko ihabwa amahirwe angana na 7,2%.

Liverpool yo mu Bwongereza na Real Madrid yo muri Espagne, zombi zinganya amahirwe yo gutwara irushanwa ya 5,1%, Inter Milan ikayagira ku kigero cya 3,8%, Manchester United ikayagira kuri 3,6%, mu gihe Aston Villa ari 2,2%.

Amakipe atanu yo muri Shampiyona y’u Bwongereza ari mu makipe 10 ahabwa amahirwe, ibigaragaza ko ku kigero cya 50%, amakipe yaserukiye iki gihugu azagera muri ⅛ cyaryo.

Arsenal ihabwa amahirwe yo gutwara UEFA Champions League 2026/27

Amakipe mashya

UEFA Champions League igiye gukinwa irimo amakipe mashya yatunguranye akagera mu mikino ya nyuma ya League. Ayo ni Como 1907 yo mu Butaliyani, LASK yo muri Australia, Sabah yo muri Azerbaijan, Viking FK yo muri Norvège.

Umutoza wa Como ari we Cesc Fàbregas ri gukora ibidasanzwe muri iyi kipe, dore ko yanze gutandukana na yo nubwo yifujwe n’andi makipe atandukanye kandi akomeye.

Kumenyerana n’iyi kipe no kuba ari umwe mu batoza b’umupira w’amaguru ugezweho, bimuha amahirwe yo gufasha iyi kipe kugera mu mikino ya kamarampaka.

LASK yagaragaje urwego rwo hejuru muri uyu mwaka w’imikino, nyuma yo gusezerera Celtic FC mu majonjora. Gusa iyi kipe nta bunararibonye ifite bwo kuba yarenga ’League Phase’ ikajya mu mikino ya 1/16.

Sabah FK ikinamo rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Joy-Lance Mickels, yakoze amateka yo kugera muri iki cyiciro. Gusa biragoye ko yaharenga kuko iri kumwe n’amakipe akomeye arimo Manchester United, Arsenal, FC Barcelone na Borussia Dortmund.

Ni ikipe izatwereka umukino mwiza by’umwihariko ku Banyarwanda, ariko nanone biragoye ko yarenga icyiciro cya ’League Phase’. Amakipe iri kumwe na yo bizahangana ni Slavia Praha, Viking, Villarreal na Napoli.

Viking na yo ntizoroherwa n’iyi mikino kuko ifite Bayern Munich, Atlético Madrid, Napoli na Aston Villa. Iyi ni ikipe yo kwitondera kuko abatoza, abakinnyi n’igihugu cyabo cyose bashyize imbaraga mu kwitwara neza muri UEFA Champions League, ikagera muri 1/16 byibuze.

Sabah Baku ikinamo Joy-Lance Mickels ni imwe mu makipe mashya azatanga akazi mu irushanwa

Abakinnyi bo guhanga amaso

Abakinnyi benshi bahanzwe amaso no gufasha amakipe yabo kwitwara neza. Umukinnyi wa mbere wo kwitega ni Jude Bellingham wa Real Madrid, inkingi ya mwamba y’umutoza wayo José Mourinho.

Nicolás Paz Martínez ukinira Como n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, ni umuhanga mu kuyobora iyi kipe mu kibuga hagati. Gukina muri UEFA Champions League bizasiga yerekanye itandukaniro nk’umukinnyi mwiza.

Iyo Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa iri gukina, umwe mu bakinnyi bayo bakora itandukaniro ni Khvicha Kvaratskhelia, nta kabuza ko ari umwe mu bo guhanga amaso.

Myugariro wa Lens, Ismaelo Ganiou, ni umwe mu bo yagendeyeho isubira muri UEFA Champions League. Ku myaka ye 21, azatanga akazi ku makipe bari kumwe.

Donyell Malen wavuye muri Aston Villa ajya muri AS Roma, yerekanye ko ari umukinnyi utaha izamu ukomeye, dore ko kuri buri mukino akinnye byibuze atsinda igitego.

Rutahizamu wa FC Bayern Munich, Harry Kane, arifuza kwegukana Ballon d’Or nyuma y’igihe kirekire ari umukinnyi mwiza. Nta handi ho kwigaragariza muri uyu mwaka usibye muri UEFA Champions League.

Lamine Yamal wa FC Barcelone ni umukinnyi muto ugifite inyota yo gukora ibitangaza, guhesha ikipe ye UEFA Champions League ni cyo abafana bamwitezeho. Uyu na we azakururira benshi kureba iri rushanwa.

Martin Ødegaard wa Arsenal ntabwo yabonye umwanya uhagije wo kwiyerekana mu mwaka ushize w’imikino, ndetse uko yatangiye Shampiyona y’u Bwongereza byerekana ko ari umwe mu mu bo guhanga amaso muri UEFA Champions League.

Abanyarwanda natwe tuzaba twerekeje amaso kuri Joy-Lance Mickels wa Sabah, nk’umwe mu bakinnyi bafashije u Rwanda kwandika amateka muri iri rushanwa. Mugenzi we Hakim Sahabo wa AEK Athens FC, ni undi wo kureba ariko uyu ntakunze kubona umwanya uhagije wo gukina.

Lamine Yamal afite inyota yo gutwara UEFA Champions League

Uko Afurika ihagarariwe muri UEFA Champions League

Afurika izaba ihagarariwe n’abakinnyi 78 muri iri rushanwa ry’amakipe y’ibigugu i Burayi. Abo bose baturuka mu bihugu 23. Maroc ifitemo abakinnyi benshi bagera kuri 11.

Sénégal iyikurikiye ifitemo abakinnyi 10, Nigeria ikagiramo abakinnyi icyenda, Côte d’Ivoire ikagira umunani, Algeria ifite batandatu, Cameroun ifite batanu, Mali ikagira bane, Ghana ikagira batatu.

U Rwanda, Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Guinea, Gabon, Gambia na Afurika y’Epfo bifitemo abakinnyi babiri. Ni mu gihe Mauritania, Misiri, Guinea-Bissau, Libya, Tunisia, Burkina Faso, Mozambique na Cap-Vert bifitemo umukinnyi umwe.

Joy-Lance Mickels w’Amavubi yitezwe muri UEFA Champions League

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages