Iyi kipe ibayeho bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, yabigarutseho mu myitozo ibanziriza iya nyuma yabaye ku wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2026.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Niyigena Oscarie, yavuze ko abakinnyi bameze neza biteguye kuzahatana na Zambia.
Ati “Ubushobozi bwo kubona intsinzi barabufite ndetse icyizere kirahari. Ntabwo tugiye kwitabira tugiye guhatana, n’iyo Zambia ntabwo yabikoze umunsi umwe, tugomba kubyaza umusaruro amahirwe twahawe.”
Uyu mutoza yavuze ko bishimishije kuba ari ubwa mbere ikipe y’iki cyiciro ibayeho mu mupira w’abagore.
Ati “Ni intambwe nziza kuba baratangiye gutegura umupira duhereye mu bakiri bato kandi natwe tuzagaragaza ko ayo mahirwe twari tuyakeneye dutange umusaruro.”
Kapiteni Bateta Shalon yagaragaje ko biteguye neza kandi bazaha ibyishimo Abanyarwanda.
Ati “Twiteguye neza bihagije, Abanyarwanda bazaze tuzabaha ibyishimo. Tumeze neza turi gukorera hamwe, tuzi ko Zambia ari ikipe ishoboye ariko natwe turashoboye.”
Umukino ubanza uteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 17 Mata 2025 saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.
Umukino wo kwishyura uzabera kuri Levy Mwanawasa Stadium, ku wa 22 Mata 2026. Ikipe izakomeza izahura n’izava hagati ya Djibouti na RD Congo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!