Aya marushanwa ngarukamwaka azenguruka Umujyi wa Kigali hashakishwa impano nshya, yatangiriye mu Murenge wa Mageragere, mu Karere ka Nyarugenge.
Abana basaga 120 bo mu marerero atandukanye bakinnye hagati yabo mu byiciro birimo abatarengeje imyaka 12, 16 na 20, mu irushanwa ryiswe Kina Unirinde League.
Debes Football Academy yatsinze Shapesi Football Academy ibitego 2-1, mu bakobwa batarengeje imyaka 20 kandi Debes Football Academy yatsinze Tigers Football Academy ibitego 2-1.
Abahungu bayo batarengeje imyaka 16 batsinda Fight to Win ibitego 3-0.
Nyuma y’iri rushanwa, abana 18 barushije abandi batoranyijwe, aho bazajyanwa mu irerero rya Umuri Foundation, abakomeza kwitwara neza bakazamurwa mu ikipe nkuru ikina mu Cyiciro cya Gatatu.
Nyuma y’imikino kandi, abanyabigwi mu mupira w’amaguru baganiriza abana, babagira inama zitandukanye. Kuri iyi nshuro Sugira Ernest wabaye rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu yabasabye gukora cyane no kugira ikinyabupfura.
Ibi biganiro kandi binashishikariza aba bana kwirinda ibiyobyabwenge, gukunda ishuri, kwirinda inda zitateganyijwe n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!