Ku wa Gatandatu, tariki ya 23 Gicurasi 2026, ni bwo Rayon Sports izakina na APR FC mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2025/26, uzabera kuri Stade Amahoro.
Rayon Sports yari imaze igihe ifite ibibazo by’imvune mu bakinnyi bayo, ariko kugeza ubu ab’ingenzi bari mu bakoze imyitozo yo ku wa Mbere, tariki ya 18 Gicurasi 2026.
Abo barimo umunyezamu Kwizera Olivier wari warwaye iryinyo ryanatumye adakina umukino wa Gorilla FC, hari ba myugariro Youssou Diagne wari wagize imvune idakabije na Tshimanga Ramazani wari wababaye mu rukenyerero.
Undi mukinnyi uri gukora imyitozo ni rutahizamu Ndikumana Asman wari waravunitse akagombambari. Uyu ni na we uheruka kwinjiza ibitego bibiri Rayon Sports yashyize mu izamu rya APR FC.
Mu butumwa bwanyijijwe ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports, Perezida wayo, Murenzi Abdallah, yasabye abafana kuzashyigikira ikipe ubwo izaba ihanganye n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.
Yagize ati “Abafana bacu rero bazaze ari benshi kugira ngo tubashe gutsinda uyu mukino ukomeye wacu n’abakeba, ari bo APR FC. Turifuza kuzawutsinda.”
Rayon Sports FC irashaka gutsinda uyu mukino kugira ngo yizere itike yo kuzasohokera u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup, dore ko inzira yo muri Shampiyona ikiyihanganiye na Kiyovu Sports.
Gikundiro iri ku mwanya wa kane n’amanota 52, isigaje imikino ibiri muri BK Pro League, harimo uzayihuza na Bugesera FC n’uzayihuza na Kiyovu Sports. Ni mu gihe undi mukino urucaca rwa gatanu n’amanota 51 rufite ari uzaruhuza na Police FC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!