Ni irushanwa rizahuza amakipe y’ibihugu akomeye kurenza andi kuva tariki ya 11 Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026, ndetse mu bakinnyi amakipe y’ibihugu yitabaje harimo n’abakiri bato azubakiraho by’igihe kirekire.
Tugiye kurebera hamwe abakinnyi bato bazaba bahanzwe amaso muri iri rushanwa, byanaba ngombwa umwe muri bo akaba yakwegukana igihembo cy’umukinnyi ukiri muto witwaye neza mu irushanwa.
Iki gikombe gifitwe na Enzo Fernandez ukinira Chelsea n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, akaba yaragitwaye mu 2022 ubwo igihugu cye cyegukanaga Igikombe cy’Isi cya 2022. Icyo gihe akaba yari afite imyaka 21.
Lamine Yamal (Espagne)
Rutahizamu wa FC Barcelone, Lamine Yamal, ni umwe mu bakinnyi bahabwa amahirwe menshi yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza ukiri muto mu Gikombe cy’Isi.
Ni nyuma y’uko uyu mukinnyi w’imyaka 18 afashije Ikipe ye kwegukana Igikombe cya Shampiyona ya Espagne, ndetse akaba ari we mukinnyi mwiza w’umwaka wa 2025/26 muri Espagne.
Yitezweho gufatanya n’abarimo Pau Cubarsi na we w’imyaka 19, akagaragaza impano idasanzwe yo gukora amateka mu Gikombe cy’Isi, nk’uko yabikoze mu 2024 mu Gikombe cy’u Burayi, dore ko ari we mukinnyi wagikinnyemo ari muto, akakibonamo igitego, ndetse akanacyegukana.
Yan Diomande (Côte d’Ivoire)
Umunya-Côte d’Ivoire, Yan Diomande, azatangira gukina Igikombe cy’Isi cya 2026 afite imyaka 19 n’iminsi 209. Uyu ni umwe mu bakinnyi bahanzwe amaso kuko mu mikino icyenda aheruka gukinira igihugu cye yatsinze ibitego bitatu.
Kugeza ubu, rutahizamu Yan Diomande akinira RB Leipzig yo mu Budage, ariko amakipe akomeye arimo Liverpool yo mu Bwongereza, Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Bayern Munich yifuza kumutangaho miliyoni 100 z’Amapawundi.
Arda Güler (Turikiya)
Umunya-Turikiya, Arda Güler, w’imyaka 21 ni umwe mu bakinnyi bahanzwe amaso mu Gikombe cy’Isi, dore ko aherutse no gutangaza ko nta kipe n’imwe afitiye “ubwoba mu Gikombe cy’Isi”.
Nyuma yo kwigaragaza mu irushanwa rya Euro 2024, uyu mukinnyi azafatanya na bagenzi be barimo Kenan Yıldız na we ufite imyaka 21, kugira ngo bageze kure ikipe yabo mu Gikombe cy’Isi.
Nico O’Reilly (U Bwongereza)
Umwongereza Nico O’Reilly ni umwe muri ba myugariro beza bazaba bari mu Gikombe cy’Isi, nyuma yo kugaragaza urwego rwiza muri Shampiyona y’u Bwongereza binyuze muri Manchester City.
Muri uyu mwaka, uyu mukinnyi w’imyaka 21 ushobora gukina no mu kibuga hagati, yakinnye imikino 55, atsinda ibitego icyenda ndetse atanga n’imipira itandatu ivamo ibindi bitego.
Nico Paz (Argentine)
Umunya-Argentine, Nico Paz, w’imyaka 21 asanzwe ari umukinnyi wo mu kibuga hagati ufasha ba rutahizamu. Ni umukinnyi utegerejweho gusimbura Lionel Messi w’imyaka 38 ushobora kuba ari gukina iri rushanwa ku nshuro ya nyuma.
Paz ukinira Como 1907 yo mu Butaliyani yitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/26, aho yatsinze ibitego 12 atanga n’imipira irindwi ivamo ibindi, ayifasha kubona itike ya UEFA Champions League nyuma y’imyaka ibiri ivuye mu Cyiciro cya Kabiri.
Rayan (Brésil)
Rayan Vitor Simplício Rocha ari mu bakinnyi bo guhanga amaso mu Gikombe cy’Isi cya 2026, dore ko ari umwe mu bo Carlo Ancelotti yahamagaye ngo bazamufashe mu Ikipe y’Igihugu ya Brésil.
Uyu mukinnyi w’imyaka 19 ukinira Bournemouth yabonye amahirwe yo gukina irushanwa nyuma y’uko Estêvão Willian wa Chelsea yavunitse. Rayan ni umwe mu binjije ibitego 6-2 mu mukino wa gicuti igihugu Brésil yatsinzemo Panama yitegura Igikombe cy’Isi.
Nyuma yo gutsinda ibitego 20 muri CR Vasco da Gama, byamuhesheje kujya muri Bournemouth, ahageze na ho akina imikino 15 atsinda ibitego bitanu n’imipira ibiri ivamo ibindi byanafashije iyi kipe kuzakina UEFA Europa League bwa mbere mu mateka.
Gilberto Mora (Mexique)
Kugeze ubu Gilberto Mora ukinira Ikipe y’Igihugu ya Mexique mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, ni we mukinnyi muto mu irushanwa, kuko rizatangira afite imyaka 17 n’iminsi 240.
Mu 2025, uyu mukinnyi yakoze amateka yo kuba umukinnyi muto wahamagawe muri iki gihugu, aho yari afite imyaka 16. Muri uwo mwaka yafashije Mexique kwegukana irushanwa rya CONCACAF Gold Cup, aba n’umukinnyi muto waritwaye.
Mora ukinira Tijuana y’iwabo yakinnye Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 20 mu 2025, ibigaragaza ko ari umwe mu baziyerekana mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kugira ngo amakipe meza abe yamubenguka.
Ibrahim Mbaye (Sénégal)
Umunya-Sénégal, Ibrahim Mbaye, w’imyaka 18 ni umwe mu bakinnyi bo guhanga amaso kuko ari umwe mu bo ‘Les Lions de la Téranga’ itozwa na Pape Thiaw izaba yifashisha mu Gikombe cy’Isi.
Uyu mukinnyi utarabonye amahirwe ahagije yo kwerekana ibyo ashoboye muri Paris Saint-Germain akinira yo mu Bufaransa, ni ahe ho kwerekana ko ari rutahizamu ukomeye. Mu mikino 24 yakinnye mu mwaka ushize, yatsinze ibitego bitatu gusa.
Warren Zaïre-Emery ( U Bufaransa)
Warren Marie Jean-Pierre Zaïre-Emery ni umukinnyi wo mu kibuga hagati, ariko akaba yarerekanye ko ashobora no gukina nka myugariro ubwo yazibaga icyuho cya Achraf Hakim wari waragize imvune muri Paris Saint-Germain.
Uyu mukinnyi w’imyaka 20 ukinira Ikipe y’Iguhugu y’u Bufaransa yitezweho guhanganira umwanya n’abarimo Aurelien Tchouameni, Adrien Rabiot, N’Golo Kante cyangwa Manu Kone.
Muri uyu mwaka yakinnye imikino 32 mu marushanwa yose, atsinda ibitego bitatu, ndetse anatanga imipira ine ivamo ibindi.
Endrick (Brésil)
Umunya-Brésil, Endrick Felipe Moreira de Sousa Pessoa, yahamagawe mu bakinnyi bazafasha igihugu cye mu Gikombe cy’Isi cya 2026 bifuza kwisubizamo iri rushanwa baheruka mu myaka 24.
Endrick w’imyaka 19 ni umukinnyi wa Real Madrid yo muri Espagne wari waratijwe muri Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa, kugira ngo ayifashe mu busatirizi mu mikino yo kwishyura. Yakinnye imikino 24, ataga imipira umunani, anatanga indi mipira umunani ivamo ibindi.
Désiré Doué (U Bufaransa)
Umufaransa Désiré Doué w’imyaka 21 ukina mu kibuga hagati ni umwe mu bakinnyi bafashije Paris Saint-Germain kwegukana UEFA Champions League inshuro ebyiri zikurikiranye, ariko asatira izamu anyuze ku ruhande.
Nubwo amaze guhamagarwa inshuro esheshatu mu Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, amaze gukina iminota 270. Kutabona umwanya uhagije bituruka ku kuba ahanganira umwanya na Michael Olise, Ousmane Dembélé na Kylian Mbappé.
Désiré Doué ni we mukinnyi ufite igihembo cy’umukinnyi mwiza ukiri muto muri Shampiyona y’u Bufaransa, ndetse na UEFA Champions League.
Lennart Karl (U Budage)
Lennart Karl w’imyaka 18 ukinira Bayern Munich mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, ari mu bakinnyi bakomeye b’Ikipe y’Igihugu y’u Budage izifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026.
Ni ku nshuro ya gatatu ahamagawe, ariko ahanganiye umwanya n’abarimo Jamal Musiala wa Bayern Munich na Florian Wirtz wa Liverpool, ibituma atabona umwanya uhagije mu ikipe y’igihugu.
Muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, yakinnye imikino 26 muri Shampiyona y’u Budage, aho yatsinze ibitego bitanu, anatanga indi mipira itanu ivamo ibindi. Muri UEFA Champions League yakinnye imikino umunani, atsindamo ibitego bine.
Abandi bakinnyi bakiri bato bazakina Igikombe cy’Isi:
- Hugo Sochurek - Tchèque (imyaka 18)
- Hamza Abdelkarim - Misiri (imyaka 18)
- Bara Sapoko Ndiaye - Sénégal (imyaka 18)
- Mladen Jurkas - Bosnie-Herzegovine (imyaka 18)
- Ayyoub Bouaddi - Maroc (imyaka 18)
- Kerim Alajbegovic - Bosnie-Herzegovine (imyaka 18)
- Rayan Elloumi - Tunisia (imyaka 18)
- Lucas Herrington - Australia (imyaka 18)
- Behruzjon Karimov - Uzbekistan (imyaka 18)
- Kendry Paez - Equateur (imyaka 19)
- Tyler Fletcher - Écosse (imyaka 19)
- Luka Luka Vušković - Croatia (imyaka 19)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!