00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakiniye Amavubi beretse abagore b’i Ngoma uko siporo yabafasha gutera imbere

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 16 October 2025 saa 09:50
Yasuwe :

Bamwe mu bakiniye Amavubi y’Abagore ndetse na bamwe mu bakiniye andi makipe akomeye muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagore beretse abagore bo mu Karere ka Ngoma ko nyuma y’imirimo yo mu rugo, banakora siporo ikabafasha kwinjiza amafaranga ndetse ikanabakura mu bwigunge.

Babigarutseho kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mu Cyaro. Abahoze ari abakinnyi b’Amavubi y’Abagore bigabanyijemo amakipe abiri bakina umukino wa gicuti mu rwego rwo gukangurira abagore bo muri aka Karere kwitinyuka bakerekana impano zibarimo.

Ikipe ya Mbere yari igizwe na Nibagwire Sifa Gloria wamenyekanye cyane mu Ikipe ya AS Kigali WFC yanabereye Kapiteni, ikipe ya Kabiri yo yari iya Ingabire Judith wabaye umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi y’Abagore.

Umukino warangiye Ikipe ya Nibagwire itsinze ibitego 4-0 byatsinzwe na Uwase Séraphine watsinze ibitego bitatu na kimwe cyatsinzwe na Kankindi Fatuma.

Uwingabire Adelphine yavuze ko nyuma yo kubona abagore bangana bakina umupira w’amaguru byamugaruriye icyizere cyo kumva ko yakora siporo ikamufasha kugira ubuzima bwiza. Yavuze ko kandi byatumye yumva umwana we azamuha rugari agakina umukino ashaka kuko yabonye ko bitamubuza kwiga kandi anakora siporo.

Uwoguteta Jeannette we yagize ati “Iyo tubonye abagore bakina ruhago badusuye bituma natwe twumva ko siporo yafasha umugore kwinjiza amafaranga, turizera ko biri budufashe mu kurekura abana bacu na bo bakajya bakina aho kubabuza.’’

Uwineza Nadia yavuze ko kuva bahagarika umupira ari bwo bwa mbere iki gikorwa kibaye, yavuze ko kera abantu bavugaga ko iyo umwana w’umukobwa akinnye umupira w’amaguru atabyara, yitangaho urugero ko yawukinnye ndetse na n’ubu akaba ari Umutoza wa Rambura WFC.

Ati “Ibaze kuba umuntu afite imyaka 50 akaba ari bwo yibutswe, byaturenze, twishimiye cyane ni yo mpamvu nshaka kubwira ababyeyi bafite abana b’abakobwa mu ngo zabo, nibabarekure bakine umupira w’amaguru bituma basaza babo aribo bakina bonyine.’’

Kayitesi Egidie uri mu bagize uruhare runini mu guteza imbere umupira w’amaguru w’abagore, yavuze ko bifuza kubwira abagore bo mu cyaro ko nyuma yo guhinga no gukora indi mirimo bashobora gukora siporo ikabafasha mu kugira ubuzima bwiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yashimiye FERWAFA yashyizeho uyu mukino, avuga ko ufasha abagore bo muri aka Karere kubona ko umugore nyuma y’imirimo yo mu rugo yanakora siporo ndetse ikanamubyarira amafaranga.

Ati “Ubu ni ubukangurambaga bwiza dushima, dushishikariza n’urubyiruko rwacu rw’abakobwa ndetse n’abagore bakiri bato ko bakwitabira siporo, icya mbere ni uko siporo ari ubuzima ariko ishobora no gutanga akazi kandi bikagenda neza umugore akagira agaciro mu muryango.’’

Meya Niyonagira yavuze ko muri uyu mwaka bishimira ko umugore wo mu cyaro yisobanukiwe, ahabwa agaciro ku buryo hari abamaze gutera intambwe bakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Yavuze ko bafite abagore benshi bahembye kuri uyu munsi bitewe n’amahirwe make bakoresheje bakiteza imbere ndetse bakanateza imbere imiryango yabo.

Muri uyu mukino ikipe yabaye iya mbere yahembwe miliyoni 2 Frw mu gihe iyabaye iya Kabiri yahawe miliyoni 1 Frw. FERWAFA ivuga ko iyi mikino y’abakiniye amakipe akomeye izakomeza kubaho mu rwego rwo gukangurira abagore bo mu cyaro gukora siporo.

Abagore bahoze bakina ruhago barimo Ingabire Judith na Nibagwire Sifa bakinnye umukino wabereye kuri Stade ya Ngoma
Habimana Sadi usanzwe ari Umunyamakuru wa Siporo akaba n'umutoza, ni we watozaga Ikipe ya Nibagwire Sifa yatsinze ibitego 4-0
Uwineza (uri hagati) watozaga Ikipe ya Ingabire Judith, yeretse abagore b'i Ngoma ko gutwita bitamubuza gutoza
Uwimana Clarisse wa B&B FM Kigali ni we wari MC
Ikipe ya Nibagwire Sifa Gloria yitwaye neza muri uyu mukino
Ikipe ya Ingabire Judith yari igizwe n'aba bakinnyi biganjemo abatoza
Umuyobozi w'Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yitabiriye uyu mukino
Abayobozi banyuranye bitabiriye uyu mukino
Ikipe yabaye iya kabiri ya Ingabire Judith yahembwe miliyoni 1 Frw
Ikipe ya Nibagwire Sifa ihabwa igikombe yegukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages