00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Talib ni we uzatoza APR FC, Camarade yahawe amasezerano muri Bugesera FC, Rayon Sports igiye gusinyisha batatu: Ibyavuzwe ku isoko ry’abakinnyi ku wa Mbere

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 June 2025 saa 10:50
Yasuwe :

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino mushya wa 2025/26. APR FC na Rayon Sports zizakina amarushanwa Nyafurika ni zo zikomeje kwiharira isoko.

Dore ibyavuzwe ku isoko ry’abakinnyi mu Rwanda kuri uyu wa Mbere:

21:00: Habimana Yves arifuzwa na Police FC

Isango Star yatangaje ko rutahizamu wa Rutsiro FC, Habimana Yves, uri mu Banyarwanda bitwaye neza muri Shampiyona ya 2024/25, kuri ubu yifuzwa na Police FC.

20:00: Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere izatangira tariki ya 15 Kanama

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyesheje amakipe ko FERWAFA Super Cup izaba tariki ya 2 Kanama naho Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere igatangira tariki ya 15 Kanama 2025.

Imikino yayo ibanza izarangira tariki ya 14 Ukuboza, iyo kwishyura itangire tariki ya 4 Mutarama mu gihe Shampiyona izasozwa ku wa 15 Gicurasi 2026.

Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri izatangira tariki ya 14 Nzeri, iy’Icyiciro cya Gatatu itangire tariki ya 18 Ukwakira mu gihe iy’Abagore mu Cyiciro cya Mbere izatangira tariki ya 4 Ukwakira iy’Icyiciro cya Kabiri igatangira ku wa 18 Ukwakira.

Igikombe cy’Amahoro mu Bagabo kizakinwa hagati y’Ugushyingo na Gicurasi (tariki ya 1) naho Igikombe cy’Intwari gikinwe kuva tarik ya 28 Mutarama kugeza ku ya 1 Gashyantare 2026.

17:30: Banamwana Camarade yagizwe Umutoza wa Bugesera FC

Nyuma yo kuyifasha kuguma mu Cyiciro cya Mbere, Banamwana Camarade yahawe amasezerano y’umwaka umwe ari Umutoza wa Bugesera FC.

17:00: Chairman wa APR FC yavuze ku mutoza n’abakinnyi bashya bategerejwe muri iyi kipe

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko iyi kipe isigaje kugura abanyamahanga babiri gusa biyongera kuri Ronald Ssekiganda wasinye muri Mutarama.

Abo ni rutahizamu w’imbere n’undi mukinnyi umukina inyuma ahazwi nko ku 10.

Yemeje ko kandi bari mu biganiro na Omborenga Fitina ariko atarasinya.

Ku bijyanye n’umutoza, Chairman wa APR FC yavuze ko azamenyekana namara gusinya, gusa bamaze kumvikana nk’uko bimeze no kubazamwungiriza.

Yahakanye kandi ibivugwa ko hari abakinnyi ba APR FC bifuzwa n’andi makipe.

15:30: Abderrahim Talib ni we uzatoza APR FC

Umunyamakuru Bruno Taifa uba hafi cyane ya APR FC, yatangaje ko Umunya-Maroc, Abderrahim Talib, w’imyaka 61 y’amavuko, ari we Mutoza mushya wa APR FC.

Kuva mu 2007, Talib yatoje amakipe 13 arimo RS Berkane, AS FAR na Wydad Athletic Club.

14:00: APR FC izatozwa n’Umwarabu

Umunyamakuru wa RBA, Nkurunziza Ruvuyanga Emmanuel, yatangaje ko APR FC yamaze kumvikana n’umutoza uzayitoza ndetse azaba ari Umwarabu.

Ni mu gihe mu batoza bamaze iminsi bavugwa muri iyi kipe harimo Umunya-Maroc Hussein Ammouta.

13:00: Adil Erradi ayoboye mu batoza bifuzwa na Police FC

Umunya-Maroc, Erradi Adil Mohammed, ni we uyoboye mu biganiro byo gutoza Police FC.

Abandi batoza bavugwa muri iyi kipe iheruka gutandukana na Mashami Vincent ni Guy Bukasa na Ben Moussa.

12:45: Rayon Sports itazagura Sackey na Mosengo Tansele, irashaka cyane Abanyarwanda

Umunyamakuru wa Radio 10, Ngabo Roben, yatangaje ko iyi kipe nta gahunda ifite yo gusinyisha Umunya-Ghana, Joseph Sackey, ukinira Muhazi United.

Yatangaje kandi ko Rayon Sports isa n’iyavuye muri gahunda yo gusinyisha Mosengo Tansele ndetse atagicumbikiwe muri hoteli yari yashyizwemo.

Gikundiro yifuza kugura abakinnyi b’Abanyarwanda mu bwugarizi no hagati mu kibuga, abanyamahanga bakaba abakina mu busatirizi.

Mugisha Didier usoje amasezerano muri Police FC, ni we amahitamo y’ubuyobozi bwa Rayon Sports ari kwerekezaho kurusha Biramahire Abeddy mu gusimbuza Iraguha Hadji.

Didier yifuza miliyoni 15 Frw ariko Gikundiro yo yifuzaga kumuha miliyoni 11 Frw.

Rayon Sports ishaka rutahizamu uzasimbura Adulai Jalo watandukanye na yo.

Mugisha Didier arifuzwa cyane na Rayon Sports
Rayon Sports yavuye mu byo kugura Joseph Sackey
Mosengo Tansele ashobora kutagurwa na Rayon Sports bari bumvikanye
Biramahire Abeddy aratekerezwaho na Rayon Sports ngo bazakomezanye akina ku ruhande

12:30: Akayezu Jean Bosco arifuzwa na Police FC

Myugariro w’iburyo, Akayezu Jean Bosco, arifuzwa na Police FC ishaka kugira umukinnyi w’Umunyarwanda kuri uwo mwanya.

Akayezu yasabye gutandukana na AS Kigali arabyemererwa.

Indi kipe imutekerezaho ni Rayon Sports iri mu nzira zo gutandukana na Omborenga Fitina mu gihe na Serumogo Ali atarongera amasezerano.

Uwumukiza Obed ukina kuri uwo mwanya, ugifite amasezerano y’umwaka muri Mukura VS, aracyavugwa muri aya makipe ya Police FC na Rayon Sports.

Ndayishimiye Dieudonné [Nzotanga Fils] na we aravugwa muri Police FC.

12:15: APR FC ntiyiteguye kurekura Niyibizi Ramadhan

Umukinnyi wo hagati mu kibuga ukina inyuma ya ba rutahizamu, Niyibizi Ramadhan, asoje amasezerano ariko ntiyigeze atangazwa mu bakinnyi APR FC yatandukanye na bo.

Umunyamakuru wa Radio Rwanda, Nkurunziza Ruvuyanga Emmanuel, yatangaje ko APR ititeguye kurekura uyu mukinnyi ndetse ibiganiro byo kongera amasezerano bigeze kuri 70%.

Niyibizi afite kandi gahunda yo kujya gukora igerageza mu Ikipe ya Cavalry FC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Canada.

12:00: Rushema Chris yasabye Rayon Sports miliyoni 18 Frw

Radio Rwanda yatangaje ko myugariro usoje amasezerano muri Mukura VS, Rushema Chris, yabwiye Rayon Sports ko yifuza miliyoni 18 Frw agasinya imyaka ibiri ndetse akajya ahembwa miliyoni 1 Frw ku kwezi.

Gikundiro yamusubije ko yamuha miliyoni 10 Frw, akajya ahembwa ibihumbi 800 Frw. Ibiganiro birakomeje.

Iyi kipe ifite gahunda kandi yo gutunga abakinnyi batarenga 25 mu rwego rwo kugabanya amafaranga ihemba, aho mu mwaka w’imikino ushize yahembaga miliyoni 47 Frw ku kwezi.

11:30: APR FC yamaze kugura Abanyarwanda, izagura abanyamahanga batarenze bane

Amakuru IGIHE yamenye ni uko Omborenga Fitina ashobora kuba umukinnyi wa nyuma w’Umunyarwanda winjiye muri APR FC.

Abamaze kugurwa n’iyi kipe ni Hakizimana Adolphe, Bugingo Hakim, Iraguha Hadji na Ngabonziza Pacifique.

Ku isoko ry’abanyamahanga, iyi kipe izagura abakinnyi batarenze bane babimburiwe na Ronald Ssekiganda ukina mu kibuga hagati mu gihe abandi bakina imbere.

Hari amakuru avuga ko APR FC ishobora kugura undi mukinnyi ukina mu bwugarizi hagati kuko ubu ihafite abakinnyi batatu gusa ari bo Niyigena Clément, Aliou Souané na Nshimiyimana Yunussu.

Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda yamaze gusinyira APR FC

11:00: Rayon Sports ishobora gusinyisha abakinnyi batatu

Mu kiganiro "Rayon Time" kinyura kuri Isango Star, Umunyamakuru wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi nka Wasili, yatangaje ko muri iki cyumweru iyi kipe izasinyisha abakinnyi batatu barimo Abanyarwanda.

Yongeyeho ko hari abakinnyi bamaze kumvikana n’iyi kipe ariko bakaba basaba guhabwa amafaranga yose bumvikanye na Rayon Sports.

Mu bamaze iminsi bavugwa bumvikanye n’iyi kipe harimo Mosengo Tansele, Rutayisire Amani, Rutonesha Hesbone, Joseph Sackey, Mugisha Didier n’abandi.

Kugeza uyu munsi, Rayon Sports yatangaje Umurundi Musore Prince nk’umukinnyi rukumbi imaze kugura nubwo hari amakuru avuga ko ashobora gutandukana na yo atayikiniye kuko hari abayobozi batamushaka nk’uko bimeze ku mutoza Afahmia Lotfi.

Rayon Sports izahinduka cyane mu mwaka w'imikino mushya

10:40: Omborena Fitina azakinira APR FC

Umunyamakuru Mucyo Antha yatangaje ko Omborenga Fitina yamaze gusinyira APR FC amasezerano y’imyaka ibiri.

Ni mu gihe IGIHE yabwiwe ko Rayon Sports yiteguye kurekura uyu mukinnyi wari ufite amasezerano y’umwaka umwe nyuma yo kumvikana na we.

Omborenga wifuzwa mu bwugarizi bw’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, azaba asubiye muri APR nyuma y’umwaka ayivuyemo.

Omborenga Fitina ashobora gusubira muri APR FC

10:30: Ni umunsi wa karindwi wo kwandikisha abakinnyi bashya ku makipe y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, mu isoko rizafunga ku wa 30 Kanama 2025.

Amakipe atandukanye akomeje kurambagiza abakinnyi n’abatoza azifashisha.
Kuri uyu wa Mbere tugiye kureba ibiri kuvugwa muri buri kipe yamaze kugera ku isoko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .