Mu mukino wabanje guhera saa 19:00, Tanzania uri gukina igikombe cya Afurika ku nshuro ya kabiri nyuma yo gukina iri rushanwa bwa mbere mu 1980, yatsinzwe na Sénégal idafite kizigenza Sadio Mané utari wemerewe gukina uyu mukino ubanza kubera amakarita abiri y’umuhondo yabonye mu mikino yo gushaka itike.
Sénégal yasatiraga bikomeye, yafunguye amazamu ku munota wa 28 w’umukino, igitego cyatsinzwe na Keita Baldé Diao wateye umupira mu nguni umunyezamu wa Tanzania, Aishi Manula ntiyabasha kuwugeraho.
M’Baye Niang yakabaye yatsindiye Sénégal igitego mu minota ibanza, ariko uburyo bubiri yabonye ntibwamuhira, aho umupira umwe wakuwemo na Manula.
Sénégal yakoze impinduka hakiri kare, ku munota wa 20, Salif Sane wavunitse asimburwa na Cheikhou Kouyaté, ikomeza gusatira, aho yashoboraga kubona ikindi gitego ku munota wa 31, Gana Gueye atera umupira wanyuze hejuru y’izamu.
Nyuma y’iminota ibiri, Ismaila Sarr yangiwe igitego, abasifuzi bavuga ko Kouyaté yari yabanje gukora umupira n’ikiganza.
Sénégal yihariye igice cya kabiri, inabonamo igitego cyashimangiye intsinzi ku munota wa 64 ubwo Krépin Diatta yateraga ishoti rikomeye ari muri metero nka 35.
Undi mukino wabaye muri iri tsinda watangiye saa 22:00 kuri iki kibuga cyo mu Mujyi wa Cairo, Algérie ihatsindira Kenya ibitego 2-0.
Baghdad Bounedjah yafunguye amazamu ku ruhande rw’abarabu kuri penaliti yatsinze ku munota wa 34 nyuma y’ikosa ryakorewe kuri Youcef Atal mu rubuga rw’amahina mu gihe Riyad Mahrez yatsinze igitego cya kabiri ubwo yahinduraga icyerekezo cy’umupira wari utewe na Ismael Bennacer habura iminota ibiri ngo amakipe yombi ajye kuruhuka.
Iri tsinda rya gatatu rizagaruka mu kibuga ku wa Kane, aho Algérie izakina na Sénégal naho Tanzania yisobanure na Kenya.
Kuri uyu wa Mbere haraba undi mukino wo mu itsinda D, aho Côte d’Ivoire ihura na Afurika y’Epfo saa 16:30 mu gihe mu itsinda E, Tunisia irakina na Angola saa 19:00 naho Mali yisabonure na Mauritania saa 22:00.



















TANGA IGITEKEREZO