Mu mukino watangiye saa 21:00, Algérie yatangiye neza ndetse yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa gatandatu w’umukino ku mupira wahinduwe mu rubuga rw’amahina na Mohamed Youcef Belaili, usanga Baghdad Bounedjah wawukozejejeo ikirenge awutanze umunyezamu wa Nigeria ku bw’amahirwe make ujya hanze.
Bounedjah yongeye kwisanga asigaranye n’umunyezamu wa Nigeria mu gihe ubwugarizi bwayo burimo Kenneth Omeruo bwahuzagurikaga, Daniel Akpeyi arokora ikipe ye agaruza umupira ikiganza mu gihe undi mupira watewe na Bounedjah habura iminota 10 ngo amakipe yombi ajye kuruhuka, wagiye hejuru y’izamu.
Nigeria yagerageje ishoti rya mbere rigana ku izamu ku munota wa 39, Alex Iwobi acomekeye Odhion Ighalo wateye umupira wanyuze ku ruhande gato mbere y’uko Riyad Mahrez ahindura umupira wakozwe na myugariro William Troost-Ekong aritsinda, Algérie isoza igice cya mbere iyoboye.
Nyuma yo kwitabaza ikoranabuhanga ry’amashusho ryifashishwa mu misifurire ‘VAR’, Nigeria yahawe penaliti ku munouta wa 72 nyuma y’uko Aissa Mandi yari akoze umupira mu rubuga rw’amahina, yinjizwa neza na Odhion Ighalo.
Mu minota y’inyongera, Algérie yokeje igitutu Nigeria mu buryo bukomeye, icyo gihe Ismail Benaccer yateye ishoti rikomeye ryafashe umutambiko w’izamu rijya hanze mbere y’uko akorerwa ikosa na myugariro rwa Nigeria ku mupira yahawe ari inyuma gato y’urubuga rw’amahina na Riyad Mahrez wahannye iri kosa, umupira uruhukira mu nshundura.
Algérie yasubiye ku mukino wa nyuma yaherukagaho mu 1990 ubwo yatsindaga Nigeria ikegukana irushanwa rimwe ifite.
Mu wundi mukino wa ½ wabaye, Sénégal yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika yaherukagaho mu 2002. Ni nyuma y’uko isezereye Tunisia bigoranye, iyitsinze igitego 1-0 cyabonetse mu minota 30 y’inyongera.
Amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa mu minota 90 isanzwe n’ubwo buri imwe yabonyemo penaliti muri uyu mukino wabereye kuri Stade du 30 Juin mu Mujyi wa Cairo.
Youssuf Sabaly yashoboraga gufungura amazamu ku ruhande rwa Sénégal ku munota wa 26, ishoti rikomeye yateye rigarurwa n’izamu.
Mu minota ibanza y’igice cya kabiri, Tunisia yabonye uburyo bwiza bwo gufungura amazamu, Ferjani Sassi atera ishoti ryakuwemo n’umunyezamu Alfred Gomis.
Ku munota wa 72, Tunisia yahawe penaliti ku mupira wakozwe na Khalidou Koulibaly wujuje amakarita atamwemerera gukina umukino wa nyuma.
Ferjani Sassi wakoresheje iyi penaliti ni we wayiteye, igwa mu biganza bya Alfred Gomis.
Nyuma y’iminota irindwi, na Sénégal yahawe penaliti ku ikosa Dylan Bronn yakoreye kuri Ismail Sarr mu rubuga rw’amahina, Henry Saivet ananirwa kuyinjiza, aho yiyiteye igakurwamo n’umunyezamu Mohamed Hassen washyize umupira muri koruneri.
Igitego cyo ku munota wa 100 ni cyo cyabaye itandukaniro ku mpande zombi, aho Sénégal yabonye umupira w’umuterekano watewe na Cheikou Kouyaté, ukurwamo n’umunyezamu ugwa ku mutwe wa Dlyan Bronn witsinze.
Umutoza wa Sénégal, Aliou Cissé yanditse amateka yo kugera ku mukino w’iri rushanwa ari umukinnyi mu 2002 ndetse ari n’umutoza mu 2019, aho ategerejweho guhesha iki gihugu igikombe cya mbere.
Umukino wa nyuma uzaba ku wa Gatanu tariki ya 19 Nyakanga kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo mu gihe uw’umwanya wa gatatu uzaba ku wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga. Imikino yombi izajya itangira saa 21:00.



















TANGA IGITEKEREZO