00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igikombe kigomba gusigara mu Rwagasabo- Minisitiri Mukazayire ku mukino wa RSSB Tigers na Petro de Luanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 31 May 2026 saa 03:57
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yagaragaje ko igikombe cy’Irushanwa Nyafurika muri Basketball (BAL) kigomba gusigara mu Rwanda, asaba abafana kwitabira ari benshi.

Yabigarutseho kuri uyu wa 31 Gicurasi 2026, ubwo yagarukaga ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 uteganyijwe kuri iki Cyumweru saa Kumi n’Ebyiri muri BK Arena.

Uyu mukino urahuza RSSB Tigers BBC yo mu Rwanda yitabiriye ku nshuro yayo ya mbere na Petro de Luanda BBC iheruka gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’irushanwa riheruka.

Minisitiri Mukazayire yasabye Abanyarwanda kwitabira ari benshi uyu mukino wa nyuma, bagashyigikira RSSB Tigers BBC ikabasha kwegukana icyo gikombe.

Ati “Waba uri BK Arena, Zaria Court cyangwa n’ahandi hatandukanye, guhera Saa Cyenda gahunda nta yindi ni imikino ya BAL, maze guhera Saa Kumi n’Ebyiri ni ugufana ntakwicara, kiriya gikombe kigasigara mu Rwagasabo.”

Ku wa Gatandatu tariki ya 31 Gicurasi 2026, Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe na we yibukije abantu ko bagomba gufana cyane bagatera imbaraga abakinnyi.

Ati “Banyarwandakazi, banyarwanda, namwe baturarwanda, Ejo kuri Finntakwicara! Gukoma amashyi twicaye ku ntebe nziza za BK Arena ntibihagije. Abafana twese tuzahaguruke nk’umugabo umwe, dushyigikire ikipe yacu ya RSSB Tigers kugira ngo yegukane intsinzi, maze yandike amateka ya basketball mu Rwanda.”

RSSB Tigers yitabiriye bwa mbere iyi mikino, yahise ikora amateka yo kuba iya mbere yo muri iki gihugu ibonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa BAL iri kuba ku nshuro ya gatandatu, ikaba ishaka kwandika ayo kucyegukana.

Uyu mukino uzabanzirirwa n’uwo guhatanira umwanya wa gatatu uzahuza Al Ahly yo muri Libya na Al Ahly yo mu Misiri saa Cyenda.

RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma mu marushanwa ya BAL, nyuma yo gutsinda Al Ahly yo mu Misiri mu gihe Petro de Luanda yo yatsinze Al Ahly yo muri Libya.

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yagaragaje ko igikombe cy’Irushanwa Nyafurika muri Basketball, Basketball Africa League kigomba gusigara mu Rwanda, asaba abafana kwitabira ari benshi
Craig Randall wa RSSB Tigers BBC umaze gutsinda amanota menshi muri iyi mikino, yavuze ko biteguye kuzagera ku ntego zabo zo kwegukana igikombe
Leonard Craig Randall II wa RSSB Tigers ni umwe mu bakinnyi bagaragaje urwego ruri hejuru muri BAL 2026
Antino Alvares wa RSSB Tigers (ufite umupira) ashaka uko anyura ku mukinnyi wa Al Ahly
Axel Mpoyo ni umwe mu bakinnyi bari gufasha RSSB Tigers BBC kwitwara neza
Abafana basabwe kwitabira umukino wa nyuma wa BAL no gushyigikira RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda
BK Arena yakiriye imikino ya BAL 2026 yabaga yuzuye abakunzi ba Basketball

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages