Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo iri shyirahamwe ryateguye umwiherero witabiriwe n’abana 40 bari hagati y’imyaka 12 na 19 basanzwe batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.
Ni igikorwa cyateguwe mu rwego rwo gushakisha impano nshya zaba ziri mu bana bavukiye muri ibi bihugu bizwiho kuzamura impano zikomeye muri uyu mukino ku isi.
Visi Perezida Ushinzwe Tekinike muri FERWABA, Nyirishema Richard yatangarije IGIHE ko uyu mwiherero uzakemura ikibazo cy’ibyangombwa gikunda kugaragara mu makipe y’abato.
Yagize ati “Hari amategeko akunda kutugonga hamwe usanga ababyeyi aribo bafite ibyangombwa by’ubunyarwanda gusa bityo twajya kwitabaza abana babo mu makipe y’igihugu bikatugora cyane rimwe na rimwe ntibinakunde ariko ubu twizeyeko bizakemuka bityo bakajya batanga umusanzu wabo.”
Yakomeje avuga ko abitabiriye bagaragaje ubumenyi bityo batanga icyizere.
Ati “Mu bana twabonye bari mu byiciro bitatu. Hari kuva mu myaka 11-13, icyiciro cy’imyaka 14 na 15 ni benshi kandi bafite impano icyiza cy’abana b’inaha baba basanzwe bakina bafite ubumenyi.”
Icyakora abakobwa bitabiriye uyu mwiherero bari bake cyane, ibintu Nyirishema avuga ko byatewe n’impugenge ababyeyi bagize.
Ati “Abana bitabiriye ni 40 muri rusange ariko abakobwa bari bake cyane ababyeyi bari batarabyizera ariko twasoje igikorwa babyizeye ndetse biyemeza kuzakigaragaramo ubutaha.”
Biteganyijwe ko iki gikorwa kizakomeza kubaho ndetse kikagezwa no mu bindi bice by’isi nk’i Burayi n’ahandi.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!