00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nkurunziza utoza muri Amerika yatangije gahunda yo gufasha abifuza gukinayo

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 23 March 2025 saa 09:23
Yasuwe :

Umuyobozi wa Kigali Elite BBC ikina mu Cyiciro cya Kabiri mu Rwanda ndetse akaba umutoza wabigize umwuga wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Yves Nkurunziza, yatangije urubuga ruzafasha abakinnyi b’Abanyarwanda bafite impano, kubona amahirwe yo gukina muri iki gihugu.

Yves Nkurunziza yamenyekanye nk’umukinnyi watsinze amanota menshi kurusha abandi muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2006 ubwo yakinaga muri Cercle Sportif de Kigali yavuyemo mu 2009 ajya muri Kaminuza ya Ndejje muri Uganda.

Nyuma yo kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaje gutangira gutoza uyu mukino aho mu mwaka wa 2017 yabaye Umunyarwanda wa mbere uhawe impamyabumenyi yo gutoza izwi nka ‘USA Basketball Gold Coach License.’

Ubwo yatangiraga gutoza, Yves Nkurunziza yabwiye IGIHE ko bitoroshye kuba umukinnyi yajya gukina muri Amerika, ari nayo mpamvu hakenewe imbaraga no gushyira hamwe kugira ngo Abanyarwanda babishoboye, bagire amahirwe yo kwerekana impano zabo.

Yagize ati “Uburyo abakinnyi batoranywa hano muri Amerika bisaba ibintu byinshi, ari yo mpamvu usanga abana benshi bava mu Rwanda ariko bikarangira batabonye ibigo bakinira, abandi ntibazamuke mu cyiciro cyo hejuru.”

Yongeyeho ati “Twatangije ubu buryo kugira ngo ubyifuza wese abe yanyuramo ashyiremo amakuru ye, bityo bimufashe kuba yamenya amakuru y’amashuri (college) ashobora gukinamo, ndetse akaba yaboneraho agahabwa buruse yo gukina.”

Nkurunziza Yves yakomeje avuga ko uru rubuga rushyirwamo amakuru y’umukinnyi mu gihe cy’imyaka ibiri n’ine, mbere yo kwerekeza muri Amerika, aho agira amahirwe yo kuvugana n’abatoza b’amashuri atandukanye akina Shampiyona ya NCAA ikinwa na za College muri Amerika.

Mu byo abakinnyi bashyira kuri uru rubuga rwa ’pamojarecruitingandscoutingservices’ harimo ibijyanye n’imiterere yabo, indeshyo ndetse n’amashusho agaragaza uko bitwara muri uwo mukino muri iyo myaka ibiri itambutse.

Uwinjiye muri iyi porogaramu kandi akaba ashobora kubona andi makuru ajyanye n’ikigo yifuza kwerekezaho, bikamufasha gutoranya ahazaza he mu bijyanye n’amasomo.

Nkurunziza ati “Ni ibintu bigoranye gusobanura ariko abamaze kumenyera muri Amerika barabizi ko ari bwo buryo bwonyine bukoreshwa mu guhitamo abakinnyi bazakina muri NCAA mbere yo gukomereza muri NBA."

Kugeza ubu abakinnyi barimo Bella Murekatete, Furaha Cadeau De Dieu, Shema Osborn, Nkusi Arnaud na Kisa Enoch Kyeyune bari mu Banyarwanda bake bakina muri Shampiyona z’amashuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusa hari icyizere ko uyu mubare wakwiyongera.

Uretse gutoza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Nkurunziza ni Perezida akaba na nyiri ikipe ya Kigali Elite BBC.

Nkurunziza Yves amaze igihe atoza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Hari icyizere ko u Rwanda rwabona abandi bakinnyi nka Bella Murekatete wakinnye muri Shampiyona ya NCAA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .