Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Mata 2026, ni bwo abagize umuryango n’inshuti z’abitabye Imana batangaje amakuru y’akababaro kuri iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere.
Ni impanuka yabereye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho umuryango wari utuye, ari na ho Kenrik Kabano yakiniraga Basketball.
Se wa Kenrik Kabano ari we Michael Kabano, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko umuryango we uri mu gahinda ko kubura umwana n’umugore.
Ati “Ku nshuti n’umuryango wanjye, Imana yisubije Rosine ari kumwe n’umwana wacu, Kenrik. Umugore wanjye n’umwana wacu, urumuri rwabo ruzahora mu mitima yacu. Mudusengere mutwereka urukundo, yaba njye Kelia, Kai, Mike n’umuryango muri rusange.”
Kenrik Kabano wavukiye muri Leta ya Ohio mu 2008, yakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 16 mu irushanwa rya ‘2023 FIBA Africa Under-16 Boys’ Championship’.
Byari biteganyijwe ko ari umwe mu bari kwitabazwa muri mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina irushanwa ryo gushaka itike y’imikino ya Afrobasket.
Our family is shattered to share that our dear members Rosine and her son Kendrick Kabano passed away together in acar accident. We are trying to navigate this impossible loss and find strength in each other. They were inseparable in life and have gone together. Pray for Us. pic.twitter.com/CKiiBAV6jo
— Apollo Kabano Kyabarongo (@KabanoApollo) April 21, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!