Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 5 Mata 2024, ni bwo Bronny James yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze atangaza ko yamaze gufata umwazuro wo kujya mu bakinnyi bazahabwa amakipe muri NBA mu mwaka utaha.
Buri mwaka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hakorwa urutonde rw’abakinnyi bujuje ibisabwa bifuza gukina muri Shampiyona ya mbere ku Isi ya Basketball.
Buri kipe iba ifite uburenganzira bwo guhitamo babiri yifuza bityo nayo igahabwa uburenganzira bwo kubagurana cyangwa kubagurisha mu yandi makipe nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi.
Bronny ni umwe mu bakinnyi bazatoranywamo abakina muri NBA umwaka utaha.
Yagize ati “Muri uyu mwaka nagize ibihe byiza n’ibibi ariko byose byagize uruhare mu buzima bwanjye bwa bw’ishuri ndetse n’ubw’umukinnyi. Nafashe umwanzuro wo kwinjira mu bakinnyi bazatoranywamo abajya muri NBA (NBA Draft) umwaka utaha ndetse n’uburenganzira bunyemerera kugurishwa.
“Mwarakoze cyane USC ku mwaka mwiza mwampaye, nkashimira umuryango wanjye, inshuti zanjye, abaganga, abakinnyi, abatoza ndetse n’abafana ku nkunga iyo ariyo yose.”
Mu Ukuboza 2023 ni bwo Bronny yongeye kujya mu kibuga nyuma y’amezi arenga ane yari yarahuye n’ikibazo cy’uburwayi bw’umutima bwamufashe ari mu myitozo.
Ku myaka 19 agiye muri Shampiyona asanze Se, LeBron Raymone James Sr.
LeBron James yashyizeho uduhigo twinshi harimo n’ako aherutse ko gutsinda amanota menshi muri NBA (40.017).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!