Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026, ni bwo muri BK Arena hatangiye kubera imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2026), ryakinirwaga mu Rwanda ku nshuro yaryo ya gatandatu.
Umukino wabanje wahuje ASC Ville de Dakar na Al Ahly, urangira ikipe yo muri Sénégal itsinze iyo mu Misiri amanota 93-90, hakurikiraho uwari utegerejwe na benshi wahuje RSSB Tigers yo mu Rwanda na FUS Rabat yo muri Maroc, dore ko muri BK Arena harimo abagera ku 6.264.
Mbere y’uko uyu mukino utangira, habaye ibirori byo gususurutsa abari muro BK Arena yari yuzuye , binyuze mu mikino itandukanye n’imbyino bya Mashirika.
Agace ka mbere k’umukino, Ntore Habimana na Leonard Craig Randall II bafashije RSSB kubona amanota menshi, karangira batsinze FUS Rabat amanota 24-13.
Kuany Atem Kuany na Ilias Aqboub ba FUS Rabat bagerageje kuyifasha mu gace ka kabiri kugira ngo bagabanye ikinyuranyo, ariko ntibyakunda igice cya mbere na cyo kirangira RSSB ikiyoboye ku manota 45-36.
Nyuma y’iki gice hakurikiyeho umuhanzi w’Umunya-Kenya Bien-Aimé Baraza uzwi nka Bien Aimé, akaba umwe mu bagezweho muri Afurika y’Iburasirazuba, wasusurukije abafana mu ndirimbo ze zirimo ‘Finale’ iri mu zikunzwe muri iki gihe.
RSSB Tigers BBC yakomeje kwitwara neza isoza agace ka gatatu ikiyoboye FUS Rabat ku manota 71-59, ariko mu ka kane itangira yasubiye inyuma kubera amakosa menshi byatumaga FUS Rabat ishaka kugabanya ikinyuranyo cy’amanota.
Gusa ntibyayikundiye kuko umurindi w’abafana ba RSSB Tigers BBC watumye igaruka mu mukino, ihita itsinda FUS Rabat n’agace ka kane ku manota 95-72, yegukana umukino wayo wa mbere.
Leonard Craig Randall II wa RSSB Tigers BBC ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, aho yinjije amanota 38 wenyine. Mugenzi we Mangok Mathiang we yakoze Rebound nyinshi, aho yakoze 15.
Imikino izakurikiraho ni uwa Club Africain yo muri Tunisia izahura na Al Ahly Ly yo muri Libya, saa Cyenda z’Umugoroba, nurangira hakurikireho Atlético Petróleos de Luanda yo muri Angola izahura na Dar City yo muri Tanzania.
Amafoto: Rusa Prince & Umwali Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!