00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

REG WBBC yaguze Umunya-Kenya Mercy Wanyama

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 May 2024 saa 05:31
Yasuwe :

Ikipe ya REG WBBC yaguze Umunya-Kenya Mercy Wanyama kugira ngo ayifashe kwitwara neza muri uyu mwaka w’imikino.

Uyu mukinnyi w’imyaka 32 ni umwe mu bakomeye muri Kenya cyane ko yanyuze mu makipe nka Equity Hawks na MTM Storms.

Mu 2018 yerekeje muri Espagne gukina nk’uwabigize umwuga aho yahereye muri ADBA Avilés mbere yo kwerekeza muri AD Cortegada ari nayo akinira kugeza ubu.

Mercy avuka mu muryango w’abakinnyi bakomeye muri Kenya nka Victor Wanyama wamamaye muri Southampton na Tottenham zo mu Bwongereza, bose bakavuga kuri se wanyuze muri AFC Leopard yo muri Kenya.

Iyi kipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu ikomeje kwitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona igeze ku munsi wa kabiri ndetse na Rwanda Cup 2024.

Mercy Wanyama ni umwe mu bakinnyi bakuru bitezwe gufasha REG mu mikino yo kwishyura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages