Iyi mikino yabereye muri BK Arena mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026.
Umukino wa APR na RSSB Tigers wari utegerejwe cyane, ndetse ntiwatinze kugaragara ko wari ubikwiye kuko amakipe yombi yatangiye atsindana cyane.
Agace ka mbere karangiye amakipe yombi anganya amanota 22-22.
Mu gace ka kabiri, Craig Randall yatangiye gutsinda amanota azwiho, Ikipe y’Ingabo izamura ikinyuranyo.
Aka gace APR yagatsinze ku manota 24-21, igice cya mbere kirangira iyoboye umukino n’amanota 46 kuri 43 ya RSSB Tigers.
Tigers yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, Bey Tarik ayitsindira amanota menshi. Ubwo aka gace kaburaga umunota ngo karangire, iyi kipe yari iyoboye umukino n’amanota 66-64.
Agace ka gatatu karangiye, RSSB Tigers iyoboye umukino n’amanota 71 kuri 66 ya APR BBC.
Agace ka nyuma, Bey na Zouzoua Mimi batsindiye Tigers amanota menshi, izamura ikinyuranyo kigera mu manota 13 (84-71).
Ikipe y’Ingabo yakomeje kurushwa bigaragara cyane ko na Randal amanota atatu yari yanze.
Umukino warangiye RSSB Tigers yegukanye intsinzi y’umukino wa mbere, ku manota 97 kuri 82 ya APR BBC.
Bey Tyler Tarik wa Tigers yatsinze amanota 39 muri uyu mukino.
Mu mukino wabanjirije uyu, Patriots yitwaye neza itsinda REG BBC amanota 84-75.
Imikino ya kabiri iteganyijwe ku wa Gatanu muri BK Arena.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!