Ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Ukuboza 2024, ni bwo Komisiyo y’Amatora iyobowe na Kayiranga Albert, yemeje abakandida bujuje ibisabwa, bemerewe kwiyamamariza kuyobora FERWABA.
Ku mwanya wa Perezida hari umukandia umwe rukumbi ari we Mugwiza Désiré usanzwe ari Perezida wa FERWABA kuva mu 2012.
Ni ku nshuro ya kane Mugwiza yiyamamarije kuyobora iri Shyirahamwe, aho yaherukaga gutorwa mu 2020, na bwo yari umukandida rukumbi.
Mugwaneza Pascale yongeye kwiyamamariza kuba Visi Perezida wa Mbere ushinzwe Umutungo nk’umukandia rukumbi naho Munyangagju José Edouard yiyamamariza kuba Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa.
Uyu mwanya wari umaze amezi ane nta muntu uwurimo, kuva muri Kanama ubwo Nyirishema Richard yagirwaga Minisitiri wa Siporo.
Muhongerwa Alice yiyamamaje ku mwanya w’Umubitsi, mu gihe Munana Aimé, Mugwaneza Claudette na Mwiseneza Maxime Marius biyamamarije imyanya y’Umujyanama mu mategeko, tekinike no guteza imbere impano z’abakiri bato, uko bose bakurikirana.
Munyangaju ubarizwa mu buyobozi bw’Ikipe ya Patriots BBC na Mwiseneza Maxime Marius usanzwe ari Umutoza Wungirije muri REG BBC, ni bo bashya batari basanzwe muri komite biyamamaje.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!