00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yaranze ibirori by’imikino ya BAL byitabiriwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 May 2025 saa 10:08
Yasuwe :

Ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, i Kigali hatangiye kubera imikino y’irushanwa mpuzamahanga rya Basketball Africa League, rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Basketball.

Uyu ni umwaka udasanzwe kuko ari n’inshuro ya mbere mu Rwanda habereye imikino y’amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma by’umwihariko Itsinda rya Nile Conference.

Iri tsinda rihuriyemo amakipe akomeye arimo APR BBC yo mu Rwanda rwakiriye imikino, hakaba Nairobi City Thunder yo muri Kenya, MBB Blue Soldiers yo muri Afurika y’Epfo ndetse na Al Ahli Tripoli yo muri Libya.

Umukino wa mbere wabereye muri BK Arena iri kwakira iyi mikino, wakinwe ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025, uhuza MBB Blue Soldiers na Al Ahli Tripoli.

Mbere y’umukino, Perezida wa Basketball Africa League (BAL), Amadou Gallo Fall, yatangije iyi mikino ku mugaragaro, anerekana amakipe azakina.

Al Ahli Tripoli yahise ibona intsinzi ya mbere mu mukino wabimburiye indi, nyuma yo gutsinda MBB Blue Soldiers amanota 87-77.

Umukino wari utegerejwe na benshi wakurikiyeho, uhuza APR BBC yo mu Rwanda na Nairobi City Thunder yitabiriye iyi mikino ku nshuro ya mbere.

Ni umukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame. Bari kumwe kandi n’umukobwa wabo, Ange Kagame n’umugabo we, Bertrand Ndengeyingoma, n’abana babo.

Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, bari muri BK Arena, ndetse na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Nta kabuza benshi mu bari bitabiriye umukino bifuzaga ko APR BBC itsinda kuko yakiniraga iwayo, ndetse iza kubigeraho nyuma yo kunyagira Nairobi City Thunder amanota 92-63.

Muri uyu mukino hagati hanyuzemo ibirori by’umuhanzi King Promise ukomoka muri Ghana, waririmbye indirimbo ze zamenyekanye cyane muri Afurika zirimo na Terminator.

Itorero Inganzo Ngari naryo ryaserutse mu mbyino gakondo zinogeye amaso kuko zashushanyaga iterambere ry’umukino wa Basketball mu Rwanda.

Imikino ya BAL 2025 mu Itsinda rya Nile Conference irakomeza kuri iki Cyumweru, tariki ya 18 Gicurasi, aho APR BBC ikina na MBB Blue Soldiers, na Nairobi City Thunder igacakirana na Al Ahli Tripoli.

Al Ahli Tripoli iri mu makipe meza muri Nile Conference
Abakinnyi ba Al Ahli Tripoli batangiranye icyizere
MBB Blue Soldiers yibutse gukina neza Al Ahli Tripoli yayitanze kuyobora umukino
MBB Blue Soldiers yo muri Afurika y'Epfo yatsinzwe umukino ubanza
MBB Blue Soldiers yakinnye neza agace ka nyuma
MBB Blue Soldiers yakinnye neza agace ka nyuma
MBB Blue Soldiers na Al Ahli Tripoli zatangiye zihangana ariko ikipe yo muri Afurika y'Epfo igeraho icika intege
Perezida Kagame yageze muri BK Arena umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder ugiye gutangira
Abafana ba APR bafanaga mu buryo budasanzwe
Perezida Kagame yakurikiye umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
Abafana bari benshi muri BK Arena
Intore z'u Rwanda zahamirije karahava
Perezida Kagame yari kumwe na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall
Amadou Gallo Fall ni we watangije imikino
Visit Rwanda ni umwe mu bafatanyabikorwa b'imena ba BAL
Umugabo wa Ange Kagame n'umukobwa wabo bakurikiye umukino wa APR BBC
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye umukino wa mbere wa APR BBC muri BAL
Ange Kagame n'umukobwa we bakurikiye umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
Wari umunsi w'ibirori byarimo n'imbyino gakondo
Aliou Diarra wa APR BBC yishyushya mbere y'umukino
APR BBC yari ishyigikiwe cyane
Ntore Habimana afite umupira ashaka uwo aza kuwuha
Adonis Filer yari muri BK Arena akurikiye umukino w'ikipe ye
APR BBC yaguze abakinnyi beza batangiye kuyifasha muri BAL
Ntore Habimana ari kwitoza gushyiramo amanota
William Robeyns wa APR BBC yihutana umupira
Aliou Diarra wa APR BBC yabaye umukinnyi mwiza w'umukino
Aliou Diarra ari gushyiramo amanota
Adonis Filer wagize imvune yakurikiranye umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
Aliou Diarra ni umwe mu bakinnyi bashimishije abafana
William Robeyns wa APR BBC agerageza kunyura ku mukinnyi wa Nairobi City Thunder
Dane Anthony Miller agerageza kunyura mu bakinnyi ba Nairobi City Thunder
Nairobi City Thunder yakinnye neza agace ka mbere ariko udusigaye twiharirwa na APR BBC
Nshobozwabyosenumukiza ni umwe mu bakinnyi bafasha cyane APR BBC
Chasson Jermar Randle wa APR BBC yabaye mwiza mu gace ka gatatu
Uchenna Iroegbu wa Nairobi City Thunder yayikiniye neza mu gace ka mbere
Abafana bari bizihiwe
Nshobozwabyosenumukiza agerageza gutuma Uchenna Iroegbu adatambuka
King Promise yasusurukije abitabiriye umukino
King Promise ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Afurika
King Promise yari ategerejwe n'abatari bake
King Promise yaririmbye mu karuhuko k'igice cya mbere cy'umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
Umuhanzi w'Umunye-Ghana, King Promise, yanejeje abari muri BK Arena
Indirimbo za King Promise zanyuze abari bategereje igic cya kabiri cy'umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
King Promise yaturutse muri Ghana aje mu Rwanda gucurangira abakunzi ba Basketball
King Promise yari kumwe n'itsinda rimubyinira
BK Arena yari yarimbishijwe mu buryo bw'imikino ndetse n'ibirori
Itorero Inganzo Ngari ryakinnye umukino ushushanya iterambere rya Basketball
Ntore Habimana wa APR BBC yishimiye intsinzi ya mbere
APR BBC yatsinze Nairobi City Thunder
Dane Anthony Miller wa APE BBC agerageza gutsinda
Abakunzi ba APR BBC bayishyigikiye bikomeye
Umuino mwiza wa APR BBC wahagurukije abakunzi bayo
Nathalie Munyampenda ni umwe mu bakunda umukino wa Basketball
Abakinnyi ba APR BBC bateye intambwe ya mbere igana mu mikino ya nyuma ya BAL
Dylan Schommer agerageza gukora amanota
Abakinnyi ba APR BBC bishimira intsinzi ya mbere
Juno Kizigenza yari mu bakurkiye umukino wa APR BBC
Abafana bacyuye amafoto y'urwibutso
BK Arena yari yuzuye abakunzi ba Basketball
Rwampungu Meshack ukina Basketball y'abafite ubumuga ntiyatanzwe kuri uyu mukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder
Abakunzi ba APR BBC bishimiye intsinzi
BK Arena ikomeje kuba inyubako y'akataraboneka mu kwakira imikino y'amaboko
Abafana bari benshi muri BK Arena hagiyeho umukino wa APR BBC
Intsinzi ya APR BBC yari ikenwe na benshi
Abafana ba APR BBC bifashishije ingoma mu kuyishyigikira
Nairobi City Thunder na yo yari ifite abafana bayishyigikiye
Usibye kuba yari imikino, wari n'umunsi w'ibirori

Amafoto ya IGIHE: Sumbusho Djasili & Rusa Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .