00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Mimosa yacyeje Bella Murekatete wagiye mu igeragezwa mu Ikipe yo muri WNBA

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 17 April 2024 saa 08:55
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa yacyeje Bella Murekatete wagiye gukora igeragezwa muri Phoenix Mercury ikina muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (WNBA).

Uyu mukinnyi w’imyaka 23 yasinye amasezerano magufi y’imikino yo kwitegura Shampiyona (Pre-Season), mu gihe ikipe yamushima ikazamusinyisha nk’umukinnyi wayo mushya.

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ni umwe mu bataripfanye amaze kubona iyi nkuru maze ashimira Bella anamwifuriza amahirwe.

Uyu muyobozi yanditse kuri X yahoze ari Twitter agira ari “Wakoze cyane Bella, komeza utsinde. Ibyo wagezeho ntabwo bisanzwe mwana w’u Rwanda.”

Murekatete asanzwe akinira Ikipe ya Washington State Cougars Women’s Basketball ikina muri Shampiyona ihuza kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, (NCAA Division I).

Phoenix Mercury ni ikipe y’ubukombe muri WNBA, yashinzwe mu 1997, ikaba imaze kwegukana Shampiyona inshuro eshatu (2007, 2009 na 2014).

Brittney Griner ni umwe mu bakinnyi bayo bazwi cyane akaba akina n’umwanya umwe na Murekatete.

Uyu mwaka w’imikino wagenze neza cyane kuri Murekatete kuko yawanditsemo amateka menshi. Mu ntangiriro za Mata, Murekatete yakinnye umukino w’intoranywa muri Shampiyona ihuza kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ‘Women’s College All Star Game’.

Yakinnye imikino yose ya shampiyona uko ari 36, aho yabarirwaga gutsinda amanota 11 ku mukino, rebound zirindwi na block imwe.

Si ibyo gusa kuko uyu mwaka yaciye uduhigo twinshi muri iyi kipe ye kuko yabashije kuba umukinnyi wa mbere mu mateka wakoze rebound nyinshi (990), block nyinshi (188), wakinnye imikino myinshi (153) ndetse wanabanje mu kibuga inshuro nyinshi (145).

Muri rusange, amaze gutsindira Washington State Cougars Women’s Basketball amanota 1,552 bimushyira ku mwanya wa gatanu mu bamaze gutsindira iyi kipe amanota menshi mu mateka yayo.

Bella Murekatete ni umukobwa w’imyaka 23 wavukiye mu Karere ka Huye, wakuze akina Umupira w’Amaguru na Volleyball mbere yo kwisanga muri Basketball.

Mu 2022 yegukanye igihembo cy’umukinnyi wazamuye urwego muri Shampiyona. Murekatete yakiniye amakipe y’igihugu mu byiciro bitandukanye nko mu batarengeje imyaka 16, 18 ndetse no mu ikipe nkuru.

Mu ntangiriro za Mata, Bella yakinnye Women’s College All Star Game
Brittney Griner ni umwe mu bakinnyi bazwi cyane ba Phoenix Mercury

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages