00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leonard Craig Randall II yagizwe ‘Brand Ambassador’ wa FLEXX

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 26 May 2026 saa 10:12
Yasuwe :

Leonard Craig Randall II uri gukinira RSSB Tigers BBC muri Basketball Africa League (BAL), yagizwe ‘Brand Ambassador’ w’ikigo Nyafurika gicuruza imyenda ya siporo cya FLEXX.

Ni amasezerano y’igihe kirekire yashyizweho umukono mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 26 Gicurasi 2026, kuri Zaria Court ahasanzwe hari ishami ry’iki kigo mu Rwanda ari na ho icururizwa.

Leonard Craig Randall II ni we mukinnyi kugeza ubu uri kwitwara neza muri BAL 2026 iri kubera i Kigali, dore ko mu mikino ibiri RSSB Tigers yakinnye yatsinzemo amanota 81, ibyanatumye iyi kipe yo mu Rwanda ibona itike yo kugera muri ½.

Umuyobozi Mukuru wa FLEXX, Jean Jacques Koffi, yavuze ko ibigwi n’amateka uyu mukinnyi w’imyaka 30 ari gukora muri BAL, bikwiriye kubyazwa umusaruro no mu buryo bw’ishoramari.

Ati “Twahisemo kuzana uyu mukinnyi kuko tuzi agaciro ke muri aka kanya ndetse no mu gihe kizaza, twamuhaye amasezerano yo kujya amurika imyambaro yacu aho ari hose yaba mu Rwanda, muri Afurika n’ahandi hose bizamure izina n’urwego rw’ibyo dukora.”

Leonard Craig Randall II ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko mu Rwanda yahagiriye amahirwe akomeye cyane bitewe n’amateka ari kuhandikira.

Ati “Ntabwo buri wese yakumva ibihe ndi kubamo ubu. Njye na bagenzi banjye dukinana muri RSSB Tigers turashyigikiwe, kandi amasezerano nk’aya ni ikimenyetso cy’uko igihugu kiri kwishimira intambwe turi gutera.”

Leonard Craig Randall II ni we mukinnyi ufite agahigo ko kuba uwatsinze amanota menshi mu mukino umwe wa BAL, aho yinjije amanota 54 n’atatu yatsinze inshuro 11 ubwo RSSB Tigers yatsindaga Dar City yo muri Tanzania muri Kalahari Conference.

Ku mukino wa mbere w’imikino ya nyuma, RSSB Tigers yatsinze FUS Rabat amanota 95-72, harimo 38 yatsinze wenyine, naho mu mukino wa kabiri batsindwa n’iyi kipe 99-98. Ikipe yo mu Rwanda yakomeje ku kinyuranyo cy’amanota 22.

Mu mukino wa ½ uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi 2026, RSSB Tigers izakina na Al Ahly yo mu Misiri yasezereye Club Africain yo muri Tunisia.

Leonard Craig Randall II na Jean Jacques Koffi ni bo bashyize umukono ku masezerano
Leonard Craig Randall II n'umukunzi we Sarrah Marie batangiye kwambara imyambaro ya FLEXX
Se wa Leonard Craig Randall II yishimira intambwe umuhungu we ari gutera mu rugendo rwa Basketball
Umukunzi wa Leonard Craig Randall II , ari we Sarrah Marie yamuherekeje agiye gushyira umukono ku masezerano mashya
Jean Jacque Koffi uhagarariye FLEXX yahamije ko gukorana na Leonard Craig Randall II bizageza iyi myambaro kure cyane
Abakinnyi ba RSSB Tigers bagiye gushyigikira Leonard Craig Randall II ashyira umukono ku masezerano
Abakinnyi n'abatoza ba RSSB Tigers BBC bari kwitegura gukina na Al Ahly yo mu Misiri
RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda muri BAL 2026
Leonard Craig Randall II yishimiye uko abona ashyigikiwe mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages