Tugiye kurebera hamwe bimwe mu byo ukwiye kumenya muri iyi mikino izahuriza hamwe amakipe umunani muri BK Arena.
Ku nshuro ya kabiri, imikino ya nyuma igiye gukinwa itarimo ikipe ifite igikombe giheruka, dore ko cyegukanywe na Al Ahly Tripoli kandi ntiyitabiriye kuri iyi nshuro.
Ibi byaherukaga mu 2023, ubwo byakorwaga na US Monastir yegukanye iri rushanwa mu 2022 ubundi ntiyitabire.
Amakipe abiri, ari yo Petro de Luanda yo muri Angola yegukanye irushanwa mu 2024 na Al Ahly yo mu Misiri yaryegukanye mu 2023, ni yo makipe azi uburyohe bw’iki gikombe.
Amakipe ane mu munani yakoze amateka yo gukina imikino ya nyuma y’iri rushanwa. Ayo makipe ni RSSB Tigers yo mu Rwanda, Dar City yo muri Tanzania, Club Africain yo muri Tunisia na ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal.
Ni mu gihe Al Ahly, Al Ahly Ly, FUS Rabat na Petro de Luanda yo amenyereye iki cyiciro.
Umunya-Côte d’Ivoire, Souleyman Diabate, ni we mukinnyi rukumbi uzagaragara mu mikino izabera i Kigali, yararyegukanyeho inshuro ebyiri. Yaritwaye mu 2021 ari kumwe na Zamalek no mu 2022 ari kumwe na US Monastir.
Kuri iyi nshuro uyu mukinnyi w’imyaka 38 wanyuze mu makipe yo mu Bufaransa, North Macedonia, u Bushinwa na Slovakia, azaba ari kumwe na ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal.
Mu mikino ya ¼ ari na yo izatangira iri rushanwa, amakipe azajya akina imikino ibiri harimo ubanza n’uwo kwishyura, hanyuma mu mikino ikurikiyeho ya ½, ikipe ijye ikina umukino umwe yatsindwa ikavamo.
Amakipe abiri mu yakinnye amajonjora ‘FIBA-run Road to BAL qualifiers’, ni yo yonyine yagize amahirwe yo gukina imikino ya nyuma. Ayo ni Dar City na Al Ahly Ly.
Dar City kandi yo kipe ifite agahigo ko gukina muri iki cyiciro yaratsinzwe imikino myinshi ugereranyije n’andi makipe biri kumwe. Yatsinze imikino ibiri, itsindwa itatu.
Mu batoza bakuru umunani bagiye gukina imikino ya nyuma, batatu gusa ni bo bakinnye iki cyiciro. Abo ni Mamadou Gueye, Sergio Valdeolmillos na Said El Bouzadi.
Umunya-Sénégal, Mamadou Gueye, wegukanye igihembo cy’Umutoza Mwiza w’Umwaka mu 2023 nyuma yo gufasha AS Douanes gusoreza ku mwanya wa kabiri, ubu azaba atoza Dar City.
Umunya-Maroc, Said El Bouzadi, ni ku nshuro ya gatatu agiye gukina imikino ya nyuma ya BAL, akazaba ari kumwe na FUS Rabat ku nshuro ya gatatu. Indi kipe yagejeje muri iki cyiciro ni AS Sale mu 2021.
Umunya-Espagne, Sergio Valdeolmillos, yagejeje Petro de Luanda atoza ku mukino wa nyuma muri BAL 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!