00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali Titans BBC yazamutse mu Cyiciro cya Mbere yabonye umuterankunga

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 29 July 2022 saa 10:55
Yasuwe :

Kigali Titans yazamutse mu Cyiciro cya Mbere muri Shampiyona ya Basketball mu Rwanda yasinyanye na Afwego Inc, Sosiyete ikorera ubucuruzi kuri internet nk’umuterankunga izajya yambara ku myambaro yayo mu kibuga no hanze yacyo.

Amasezerano azamara umwaka yasinywe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Nyakanga 2022, afite agaciro ka 30.000$, akabakaba miliyoni 30 Frw.

Yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa Kigali Titans, Rubonera Eugène na Nelson Nwankwo ushinzwe ibijyanye na Tekiniki muri Afwego Inc.

Nelson Nwankwo yavuze ko kwinjira mu mikoranire na K-titans ari intambwe nziza ibageza ku isoko ry’u Rwanda.

Yagize ati “Twishimiye gushyigikira basketball y’imbere mu gihugu n’amakipe ayikina. Muri Afwego twizera ko sosiyete turimo ari ingenzi kandi duharanira gukora ibishoboka ngo tubafashe uko bishoboka.’’

Mu masezerano ya Afwego Inc na Kigali Titans biteganyijwe ko iyi kipe izajya yambara umuterankunga wayo.

Nwankwo yakomeje ati “Dutewe ishema no kuba abafatanyabikorwa bakomeye ba Kigali Titans, imwe mu makipe atanga icyizere muri Basketball y’u Rwanda.’’

Umuyobozi wa K-Titans, Rubonera Eugène, yashimangiye ko amasezerano na Afwego Inc azabafasha ibintu byinshi birimo no kubona abaterankunga hanze y’u Rwanda.

Yagize ati “Twari dusanzwe tuzi ibyo bakora, tuza kubegera tubereka intego yacu. Mu mikino ya playoffs twarifatanyije ndetse muri uyu mwaka tugira amasezerano ashobora kwiyongera.’’

Yavuze ko Afwego Inc izafasha Kigali Titans mu kuyimenyekanisha binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Rubonera yavuze ko muri miliyoni 30 Frw zasinyiwe zirimo amafaranga azahabwa ikipe n’andi azashyirwa mu bikorwa bitandukanye.

Yakomeje avuga ko Afwego Inc izafasha Kigali Titans gushaka abandi baterankunga barimo n’abo hanze.

Ati “Hari abandi baterankunga turi kuganira kandi nibitungana muzabimenya.’’

Rubonera yavuze ko Basketball ari umukino udakwiye kuba uwo kwishimisha gusa ahubwo ukwiye no kubyazwa umusaruro.

Kigali-Titans yazamutse mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, itsinze Orion BBC imikino ibiri ku busa.

Umuyobozi wa Kigali Titans, Rubonera Eugène (ibumoso) na Nelson Nwankwo ushinzwe ibijyanye na Tekiniki muri Afwego Inc bashyira umukono ku masezerano y'imikoranire afite agaciro ka miliyoni 30 Frw
Umutoza Mukuru wa Kigali Titans, Karima Cyrill, ari mu bitabiriye isinywa ry'aya masezerano
Kigali Titans BBC yazamutse mu Cyiciro cya Mbere yabonye umuterankunga izambara ku myenda muri Shampiyona y'umwaka utaha
Umuyobozi wa Kigali Titans, Rubonera Eugène, yashimangiye ko amasezerano na Afwego Inc azabafasha guseruka muri shampiyona bahagaze neza
Kigali Titans yazamutse mu Cyiciro cya Mbere muri Basketball nyuma yo gutsinda Orion BBC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .