00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku biciro by’amatike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera i Kigali

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 2 April 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Irushanwa rihuza amakipe ahagaze neza muri Basketball ya Afurika, Basketball Africa League (BAL) rigiye kubera mu Mujyi wa Kigali, bwatangaje ibiciro byo kureba iyi mikino, aho itike ihenze izaba igura ibihumbi 175 Frw, iya make ikaba 2500 Frw.

Ni ku nshuro ya kane u Rwanda rugiye kwakira imikino ya nyuma ya BAL, aho ubu iteganyijwe kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

Mu mikino ibanziriza iya nyuma yifashishwa mu gutondeka amakipe, itike ya make mu myanya isanzwe cyangwa yo hejuru ni 2500 Frw.

Hasi gato, amatike ari mu byiciro bitandukanye, aho hari amatike y’ibihumbi 10 Frw n’ibihumbi 20 Frw, mu gihe imyanya yegereye ikibuga (Courtside) ari ibihumbi 80 Frw na 145 Frw.

Ibi biciro bihinduka bitewe n’aho irushanwa rigeze nko muri ¼ na ½. Ku munsi wa nyuma, ibiciro bizahinduka aho itike ya make izaba ari 4.000 Frw.

Hari kandi itike z’ibihumbi 15 Frw n’ibihumbi 30 Frw. Mu myanya yo hasi ku kibuga ni ibihumbi 175 Frw n’ibihumbi 110 Frw.

Amakipe umunani azitwara neza mu mikino y’amatsinda azahurira i Kigali mu mikino ya nyuma.

RSSB Tigers ihagararariye u Rwanda ikomeje kwitwara neza muri Kalahari Conference ndetse yamaze kubona itike y’imikino ya nyuma, ku nshuro ya mbere yitabiriye iri rushanwa.

Itike ya make mu mikino ya nyuma ya BAL 2026 izabera i Kigali ni 2500 Frw, mu gihe iya menshi ari ibihumbi 175 Frw
RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda muri BAL 2026 yamaze kubona itike y'imikino ya nyuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages