Umwe mu bo muri APR BBC yabwiye IGIHE ko bamaze kumvikana n’uyu mukinnyi ndetse azagera i Kigali bitarenze tariki ya 29 Nyakanga 2026.
Kwinjira kwa Randall muri APR BBC ni imwe mu ntambwe iyi kipe yafashe mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka no kongera imbaraga mbere y’imikino ya Play-offs za Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball.
Uyu mukinnyi w’Umunyamerika azaba yiyongereye ku bakinnyi APR BBC izifashisha mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya shampiyona, aho izaba ikeneye ubunararibonye bwe n’ubushobozi yagaragaje ku rwego rwa Afurika.
Muri BAL 2026, Craig Randall wakiniraga RSSB Tigers, yigaragaje nk’umwe mu bakinnyi bakomeye b’iri rushanwa, bituma ahabwa igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi.
Uyu mukinnyi yari yabanje gusinyira APR BBC muri Gashyantare, ariko nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu itemerewe gukina BAL 2026 yerekeza muri RSSB Tigers.
Kuri ubu, APR BBC ikomeje kwitegura imikino ya Play-offs izatangira ku wa 5 Kanama, aho izaba ihanganye n’andi makipe ashaka kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!