Iyi kipe yabigezeho mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026 muri BK Arena.
Wari umukino ukomeye cyane kuko Tigers yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere, yahuraga na Petro de Luanda yakinaga umukino wa nyuma ku nshuro ya kane.
Uyu mukino wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ndetse na bamwe mu bagize umuryango wabo.
Benshi bashimiye iyi kipe yanditse amateka, aho Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagize ati “Intsinzi bana b’u Rwanda. Mbega ibyishimo, mbega urugendo. RSSB Tigers mwakoze kwimana u Rwanda. Dutewe ishema namwe.”
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku mafoto yaranze uyu mukino w’amateka.
Amafoto: RUSA Prince, Village Urugwiro & BAL



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!