00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basketball: RSSB Tigers yihanangirije Patriots (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 February 2026 saa 10:55
Yasuwe :

RSSB Tigers yatsinze Patriots BBC amanota 86-66 mu mukino w’Umunsi wa Kabiri wa Shampiyona ya Basketball, wabereye muri Petit Stade ku Cyumweru, tariki ya 15 Gashyantare 2025.

Wari witezwe cyane kuko Tigers yiyubatse cyane yari ifite abakinnyi yakuye muri Patriots BBC, mu gihe nayo yashakaga kugaragaza ko atari iyo kurenzwa ingohe.

Ni umukino watangiranye imbaraga ku mpande zombi, aho Damaria Franklin yatsindiraga Patriots amanota menshi, Anthony Tarke akabigenza utyo ku rundi ruhande.

Agace ka mbere karangiye RSSB Tiger BBC iyoboye umukino n’amanota 23 kuri 21 ya Patriots.
Tigers yakomeje gukina neza mu gace ka kabiri abakinnyi bayo benshi batsinda bityo izamura ikinyuranyo kigera mu manota 10 (39-29).

Igice cya mbere cyarangiye RSSB Tigers yatsinze Patriots BBC amanota 45-35.

Mu gace ka gatatu, umukino washyushye amakipe yombi yongera gutsindana ariko Bizimana Paul agatsinda amanota akora ikinyuranyo.

Aka gace karyoshye karangiye RSSB Tigers ikomeje kuyobora umukino n’amanota 61 kuri 54 ya Patriots.

Mu gace ka nyuma, Patriots yagerageje kugabanya ikinyuranyo ariko ikagorwa n’abakinnyi igenderaho bari barushye.

Umukino warangiye RSSB Tigers yatsinze Patriots BBC ikinyuranyo cy’amanota 20, (86-66) ibona intsinzi ya kabiri muri shampiyona.

Umunyamerika Anthony Tarke wa Tigers yatsinze amanota 20 muri uyu mukino.

Mu wundi mukino, Kepler BBC yatsinze UGB amanota 65-57, iba umukino wa kabiri itsinzwe.

Mu bagore, The Hoops yatsinze IPRC Huye amanota 72-60, REG WBBC itsinda GS Marie Reine Rwaza amanota 80-52.

Albert Odero ahanganiye umupira
Damaria Franklin ni umwe mu bakinnyi bakomeye muri Patriots BBC
Anthony Tarke yatsinze amanota 20 muri uyu mukino
Kwizera Sage ni agerageza gutsinda ahanganye na Pitchou Manga
Ishimwe Lars agerageza gutanga umupira
Chadie Bowie yafashije Kepler gutsinda UGB
UGB ntirabona intsinzi mu mikino ibiri ya shampiyona imaze gukina
The Hoops yatangiye shampiyona neza
The Hoops yatsinze IPRC Huye amanota 72-60
Mushikiwabo Sandrine ashaka inzira yo gutsinda
Kantore Sandra uzwi nka Do Me yasubiye muri REG WBBC avuye muri APR WBBC yari amazemo imyaka ibiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages