00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basketball: Imbamutima z’ubuyobozi bwa UGB yabonye itike yo gukina ‘Play-offs’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 June 2025 saa 11:28
Yasuwe :

Ibyishimo ni byose ku bakinnyi n’abayobozi b’Ikipe ya UGB yabashije kwinjira mu makipe ane azakina imikino ya kamarampaka ya Shampiyona ya Basketball, ni nyuma yo gutsinda REG BBC amanota 96 kuri 80 mu ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2025.

Nyuma y’umukino, abakinnyi banyuranye b’iyi kipe bagaragaje ibyishimo bidasanzwe batewe no kuba binjiye mu makipe azakina ‘Playoffs’.

Steven Perriere uri mu bakinnyi bakomeye ba UGB, nyuma y’uyu mukino yagize ati “Kuva twatangira shampiyona y’uyu mwaka nta muntu wigeze atwizereramo, none tugeze muri ‘Playoffs’ cyangwa imikino ya kamarampaka, mudutegereze.”

Uyu mukinnyi yavuze ko ikintu bifuza mu mikino ya kamarampaka ari ugukomeza gutsinda bakaba banatwara igikombe cya shampiyona.

Kenny Mugarura usanzwe ari Umuyobozi Wungirije muri UGB, we yagize ati “Twe icyo twifuza ni ugukomeza gutsinda, shampiyona yatubereye ndende ariko abahungu bararwanye, twatsinze amakipe akomeye ariko hari n’ayoroshye twatakajeho, ndatekereza ko twiteguye buri kimwe.”

Mugarura Kenny yakomeje asaba abakunzi ba UGB by’umwihariko n’ab’umukino wa Basketball muri rusange kuzitabira imikino ya kamarampaka ari benshi cyane ko bo nk’ikipe biteguye guhangana.

Ku rundi ruhande ariko Kenny Mugarura yaboneyeho umwanya wo gushimira abakinnyi ba UGB bitwaye neza mu mukino batsinzemo REG, cyane ko bitanze mu buryo bwose bushoboka.

Gutsinda REG BBC ku wa 13 Kamena 2025, byatumye UGB isoza imikino ya shampiyona iri ku mwanya wa gatatu inyuma ya APR BBC ya mbere, REG ya kabiri bityo Patriots ya kane ikuzuza umubare w’izizakina imikino ya Play-offs.

Ubwo Coach Gael afatanyije na Bruce Melodie bashoraga amafaranga muri iyi kipe, yari yijeje abakunzi b’umukino wa Basketball ko UGB izaba ihatana kurusha iyo babonye.

Uyu mwaka ukomeje kubera mwiza Ikipe ya UGB kuko mu minsi yashize yari iherutse kwegukana umwanya wa kabiri mu Irushanwa ryo #Kwibuka31.

Mohamed Doumbya wenyine yatsinze amanota 32
Yaba abakinnyi n'abayobozi ba UGB bemeza ko intego yabo ari ugukomeza gutsinda
UGB yatsinze REG BBC ihita yegukana umwanya wa gatatu uyemerera gukina imikino ya Playoffs

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages