00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basketball: APR na Patriots zageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 August 2026 saa 07:07
Yasuwe :

APR BBC na Patriots zasezereye RSSB Tigers na REG BBC zigera ku mukino wa nyuma wa nyuma wa shampiyona ya Basketball, nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ cy’iya kamarampaka.

APR BBC yabigezeho yatsinze RSSB Tigers amanota 105-78, mu gihe Patriots BBC yatsinze REG amanota 89-84.

Umukino wa APR yawutangiranye imbaraga zikomeye, Craig Randall atsinda amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyoboye n’amanota 32 kuri 17 ya Tigers.

Mu gace ka kabiri, umukino wagerageje kwegerana ikinyuranyo kiba gito, cyane ko Tarik Bey yari yatangiye gutsindira Tigers amanota menshi.

Igice cya mbere cyarangiye ikinyuranyo cyagabanyutse, APR iyoboye umukino n’amanota 47 kuri 40 ya RSSB Tigers.

Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kugenda muri uwo mujyo ariko Ikipe y’Ingabo itangira kongera ikinyuranyo, ibifashijwemo na Shema Osborn.

Aka gace karangiye, APR BBC yagejeje ikinyuranyo mu manota 17, ifite 80 kuri 63 ya Tigers.

Ikipe y’Ingabo yakinanye agace ka nyuma ubunararibonye, itemera ko ikinyuranyo cyayo kivamo. Mu minota ya nyuma, Tigers yavuye mu mukino bigaragara ubundi itsindwa amanota menshi.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 105-78, bityo Ikipe y’Ingabo yuzuza intsinzi eshatu yasabwaga ngo igere ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kane yikurikiranya

Patriots BBC nayo yageze ku mukino wa nyuma itsinze REG BBC amanota 89-84.

Umukino wa nyuma wa mbere uzakinwa ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, aho Patriots na APR BBC zishobora kuzakina imikino irindwi, izatsinda ine ikegukana Igikombe cya Shampiyona.

Teafale Lenard Jr ahanganye na Tarik Bey
Zouzoua Nisre Mimi agerageza gutsinda ahanganye na Shema Osborn
Craig Randall ahanganye na Mutabazi David
Mukama Victor ashaka inzira yo gutsinda
Stubbs Jeffery Tyrone yafashije Patriots kugera ku mukino wa nyuma
Kamilindi Olivier ahanganye na Muhizi Prince
Umuhoza Jean de Dieu ahanganye na Kwizera Sage
Umutoza Niyongabo Sunny yafashije Patriots gusubira ku mukino wa nyuma yaherukagaho mu 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages