00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BAL 2026: RSSB Tigers yakoreye amateka imbere ya Perezida Kagame (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 May 2026 saa 11:34
Yasuwe :

RSSB Tigers BBC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma mu marushanwa ya BAL, nyuma yo gutsinda Al Ahly yo mu Misiri amanota 106-97.

Muri uyu mukino w’ishyiraniro wakiniwe muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi 2026, witabiriwe n’abafana bagera ku 6.530 bayobowe na Perezida Kagame.

Ni umukino watangiye wegeranye cyane, amakipe yombi agendana mu manota kuko agace ka mbere karangiye ari amanota 24-24. Mu gace ka kabiri, Oumar Ballo na Craig Randall batangiye gutsindira Tigers amanota menshi.

Icyakora ntabwo byarambye kuko Kelvin Murphy na Nuni Omot batsindiraga Al Ahly amanota menshi. Iyi kipe yakuyemo ikinyuranyo cyose, igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya amanota 50-50.

RSSB Tigers yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, Teafale Lenard Jr na Mangok Mathiang batsinda amanota menshi, ariko mu mpera zako Al Ahly ihindura ibintu, Zachary Lofton agabanya ikinyuranyo, karangira RSSB Tigers iyoboye ku manota 80 kuri 76.

RSSB Tigers yakomeje gukina neza ari na ko ishyigikirwa n’abafana benshi muri BK Arena, Antino Jackson, Mangok na Teafale bazamura ikinyuranyo kigera mu manota 10 (94-84).

Mu minota ine ya nyuma, Nuni Omot ugenderwaho muri Al Ahly yujuje amakosa atanu asohoka mu kibuga, bishyira mu kaga ikipe ye irushwa cyane na RSSB Tigers umukino urangira ari amanota 106-97.

Iyi kipe yo mu Rwanda yitabiriye bwa mbere iyi mikino, yahise ikora amateka yo kuba iya mbere yo muri iki gihugu ibonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa BAL iri kuba ku nshuro ya gatandatu.

Ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, izahura n’izava hagati ya Petro de Luanda yo muri Angola na Al Ahly yo muri Libya, zizakina ku wa Kane, Saa Moya z’ijoro.

Teafale Lenard wa RSSB Tigers ari gushyira umupira mu gakangara
Zachary Matthew wa Al Ahly yagerageje kuyifasha ariko biranga
Mangok Mathiang ari gushaka gutsindira amanota RSSB Tigers
Nuni Omot wa Al Ahly yayifashije gukomeza kotsa igitutu RSSB Tigers
Leonard Craig Randall II wa RSSB Tigers ari kunyura mu bakinnyi ba Al Ahly
Kevin Murphy wa Al Ahly yayitsindiye amanota 24 muri uyu mukino
Perezida Kagame yakurikiye umukino wa RSSB Tigers na Al Ahly
Oumar Ballo ari gutsinda amanota ya RSSB Tigers
DJ Etania uri mu bakomeye mu myidagaduro muri Uganda, yasusurukije abitabiriye umukino wa 1/2 cya BAL 2026
Abakunzi ba Basketball bafashe amafoto y'urwibutso muri BK Arena
Antino Alvares wa RSSB Tigers ari gushaka uko ahereza umupira bagenzi be
Oumar Ballo ukina hagati muri RSSB Tigers ari mu bifashishijwe muri uyu mukino
Antino Alvares yafashije RSSB Tigers kwandika amateka
RSSB Tigers yari ishyigikiwe
Abakunzi ba Basketball bacyuye amafoto ya RSSB Tigers
Umutoza wungirije wa RSSB Tigers, James Edward Maye Jr ashimira Antino Alvares
Abafana ba RSSB Tigers BBC bayibaye inyuma
Umugore wa Craig Randall ukinira RSSB Tigers amushyigikiye

Amafoto: Rusa Prince & Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages