00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr Nsanzimana yagaragaje umumaro wo guterura ibiremereye ku bagore

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 August 2026 saa 12:35
Yasuwe :

Abakora siporo mu buryo butandukanye by’umwihariko abaterura ibiremereye, bahuriye mu marushanwa ya WAKA The Fittest 2026, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, abereka ko birinda cyane indwara ya ‘Sarcopenia’ ituma umuntu atakaza inyama zo ku mubiri we.

Ni amarushanwa yabereye kuri Zaria Court, ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Kanama 2026, yitabirwa n’abakinnyi barenga 200 baturutse mu bihugu byo muri Afurika no hanze yayo.

Abahatanye bahereye ku basiganwa kwiruka ku maguru hanyuma bagaterurura ibyuma, hajyaho abaterara mu makipe, abakurura ibilo bitandukanye n’ababisunika.

Naomi Cousins, umugore uzwiho guterura ibyuma biremereye wari mu bitabiriye aya marushanwa, yavuze ko yanyuzwe n’irushanwa kandi ari byiza ko ryitabiriwe n’abagore benshi.

Ati “Byari bikomeye cyane ariko gukora imyitozo myinshi no kwiruka bitandukanye ni byo bituma byoroha. Ndashimira cyane abagore bose bagerageje kwitabira iyi mikino.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko gukora amarushanwa nk’aya no gukora siporo hari ingaruka nziza bigira ku buzima bw’umuntu.

Ati “Ni ubwa mbere nje mu irushanwa nk’iri, ariko birashimishije kubona abantu bakora siporo ngo bakomeze kugira ubuzima bwiza. Guterura cyangwa gukora siporo si iby’abashaka kuba abasore gusa, ahubwo ni ukurengera imikaya yanyu.”

“Kandi ku bagore ho biba akarusho kuko mu myaka 30 umubiri wabo utangira gutakaza inyama zawo, icyo twita ‘Sarcopenia’. Ni indwara wahangana na yo uterura nka gutya. Noneho iyo bigeze ku myaka 40 birihuta cyane, umubira ukazitakaza ari nyinshi. Ikindi guterura biringaniza isukari yo mu mubiri.”

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye abategura iri rushanwa kurigeza ku bantu benshi, hanyuma rikajya ryitabirwa n’abatuye mu zindi ntara z’igihugu.

Ati “Ndashaka gushimira abakinnyi bitabiriye iri rushanwa. Kwitabira iyi mikino si uguha imibiri yanyu ubuzima bwiza gusa, ahubwo ni no gushishikariza abandi kwitabira siporo.”

“Ahubwo turifuza ko ubutaha igikorwa nk’iki cyazagera no mu ntara, ntibibe iby’abatuye mu Mujyi wa Kigali gusa. Uwo ni umukoro tubahaye, kandi tubijeje kubibafashamo.”

Umuyobozi Mukuru wa WAKA Fitness, Munyengango Ivan, yashimiye abitwaye neza barimo Pauline Ontita mu bagore na Vincent Musumba mu bagabo. Aba bombi bakomoka muri Kenya.

Abitwaye neza ku mwanya wa mbere bahawe miliyoni 2 Frw, abari ku mwanya wa kabiri bahabwa miliyoni 1,4 Frw, mu gihe abageze ku mwanya wa gatatu ari bahawe ibihumbi 800 Frw.

Amarushanwa yo WAKA The Fittest yabereye kuri Zaria Court
Pauline Ontita asanzwe ari umutoza ufasha abantu kongera imbaraga
Irushanwa rya WAKA The Fittest 2026 yitabiriwe n'abarenga 200
Guterura ibyuma biremereye biba byiza ku bagore
Hari abagiraga ubwoba babonye hari uwateruye ibiremereye cyane
Naomi yari ashyigikiwe
Minisitiri Dr. Sabin na Minisitiri Mukazyire bakurikiye imikino y'abakora siporo
Hari abakoreshaga imbaraga nyinshi mu guterura bagasoza barushye cyane
Abafana bitabiriye imikino baranyuzwe
Naomi ari yagaragaje ko kwiruka bifasha umubiri kumera neza
Gukora siporo bihuza abantu mu buryo butandukanye
Imibiri y'abakora siporo zo guterura ibyuma iba yarakamutse
Aya marushanwa ya WAKA The Fittest asanzwe aba buri mwaka
Wari umunsi mwiza ku bashyigikiye inshuti zabo mu marushanwa
Niyonkuru Zephanie wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ari mu bahatanye muri aya marushanwa
Abahatanye bahisemo ibyiciro bashaka guhatanamo bigendanye n'uko imbaraga zabo zingana
WAKA The Fittest 2026 yari umwihariko ku bitabiriye
Naomi Cousins yari ananiwe cyane nyuma yo kwiruka akanaterura
Ibyishimo byari byose ku bakurikiye imikino
Minisitiri Mukazayire, Minisitiri Dr. Sabin, Umuyobozi ushinzwe itumanaho n’imenyekanishabikorwa mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB), Yvan Magwene, n’Umuyobozi Mukuru wa WAKA Fitness, Munyengango Ivan bakurikiraniye hamwe imikino
Minisitiri Mukazayire na Minisitiri Dr. Sabin bagiriye inama Abanyarwanda yo gukora siporo
Guterura ibyuma ni byiza ku bagore cyane cyane abari hejuru y'imyaka 30
Uyu ari kugerageza guterura ibiro 70
Minisitiri Mukazayire yavuze ko byaba byiza iyi mukino igejejwe no zindi ntara z'igihugu
Ubuyobozi bw'igihugu bushyigikiye imikino ya WAKA The Fittest
Minisitiri Dr. Sabin yerekanye uko guterura birinda indwara ya ‘Sarcopenia’
Naomi Cousins ari guterura mu marushanwa nk'uko asanzwe abikora
Umuyobozi Mukuru wa WAKA Fitness, Munyengango Ivan, akurikiye uko igikorwa yateguye kiri kugenda
Umuyobozi Mukuru wa WAKA Fitness, Munyengango Ivan, ari kuyobora abantu uko bitwara mu irushanwa
Hari abahataniye mu gukurura ibiro byinshi
Pauline Ontita yabaye uwa mbere mu bagore
Abanya-Kenya bihariye ibihembo bya WAKA The Fittness
Irushanwa ryasize abitwaye neza bahembwe arenga miliyoni 16 Frw
Aba ni bamwe mu bagize uruhare mu gutegura irushanwa
Joan Colombin na Gisele Mugwaneza bari mu Banyarwanda bitwaye neza mu irushanwa

Amafoto: Kwizere Herve


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages