00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruhare rw’ubufatanye bw’u Rwanda n’amakipe akomeye mu guhwitura abakerensa Jenoside

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 April 2025 saa 09:39
Yasuwe :

U Rwanda n’inshuti zarwo bari mu Cyumweru cy’Icyunamo gihera tariki ya 7 Mata 2025. Ni icyumweru cyo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994, uburyo yateguwe n’uruhare rwa buri wese mu kurwanya ingengabitekerezo yatuma ibyabaye byongera kuba.

Nyuma y’uko Ingabo za RPA zihagaritse Jenoside, benshi mu ngabo zari iza Leta, Interahamwe n’abacurabwenge ba Jenoside bahise bahungira mu Bufaransa, mu Bubiligi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu bindi bihugu.

Gucumbikira izi nkozi z’ibibi ntibyabujije u Rwanda kugirana imikoranire n’amakipe akomeye arimo Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, igihugu cyatinze kuburanisha abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bacyihishemo.

Kuva aho iki gihugu gitangiye intambwe yo gutanga ubutabera ku Rwanda, umubano w’ibihugu byombi warakomeje ndetse kugeza n’aho abakinnyi ba Paris Saint-Germain bari mu bafata iya mbere mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuva iki gihugu kiri mu byagize uruhare muri ayo mahano kiri mu byifatanya n’u Rwanda gukebura abagifite ingengabitekerezo, bitanga umusanzu ugaragara mu gutuma ubutumwa no kwigisha amateka y’u Rwanda bigera kure cyane cyane mu bihugu by’i Burayi.

Ubutumwa iyi kipe n’abakinnyi batanga mu guhumuriza Abanyarwanda no kwereka Isi aho rugeze rwiyubaka, byibuze bugera ku barenga miliyoni 2,7.

Ibi byiyongera ku butangwa n’abakinnyi bayo baba basuye u Rwanda bakagera ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside, bakirebera kandi bagacyura amakuru y’impamo ku byabaye.

Indi kipe ni Arsenal FC yo mu Bwongereza idahwema kwerekana ko yifatanyije n’u Rwanda mu bihe byo kwibuka.

Mu butumwa bwatanzwe n’abakinnyi bayo mu gihe hibukwa ku nshuro ya 31 Abatutsi b’inzirakarengane, mu munsi umwe gusa ubutumwa bwayo bwageze ku bantu barenga ibihumbi 400, mu busanzwe bukaba burebwa n’abarenga miliyoni 1,2.

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubuyobozi bwa Arsenal bwimye amatwi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, washakaga guhura na bwo akabusaba guhagarika amasezerano y’imikoranire bufitanye n’u Rwanda.

Kugeza uyu munsi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iracyacumbikiye abarenga 500 bakekwaho ibyaha bya Jenoside nk’uko byagarutsweho n’uwabaye Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu.

Mu 2023, u Rwanda rwagiranye imikoranire na FC Bayern Munich yo mu Budage, aho ku mwaka wa mbere w’amasezerano byibuze 30% by’abakunzi bayo batari bazi u Rwanda barumenye kandi barumenya, kandi barumenya ku isura nziza rwihaye nyuma ya Jenoside yabaye mu 1994.

Nubwo ubu ubufatanye bw’u Rwanda mu bukerarugendo bushingiye ku mugabane w’u Burayi, ntibibuza ko n’Abanyamerika barumenya kuko nka Arsenal ikunda gukorerayo imyiteguro ya Shampiyona ndetse ubwo David Luiz yarugendereraga byavuzwe cyane muri Brésil.

Abakinnyi b'amakipe akomeye ni abahamya b'ibyabaye mu Rwanda
Abakinnyi ba PSG basura u Rwanda bahava ari abahamya b'ibyagezweho
Jullien Timber wa Arsenal yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali binyuze mu bufatanye bw'u Rwanda n'iyi kipe yo muri Premier League
Abakinnyi bagera mu Rwanda basura urwibutso, bakunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi
David Luiz asoma inkuru y’umwana bitiranwa wishwe muri Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .