00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko amakipe yegukanye ibikombe by’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 13 (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 June 2026 saa 10:40
Yasuwe :

Ishuri rya GS Muzizi ryo mu Karere ka Kayonza ryegukanye ibikombe bibiri mu bikombe umunani byatanzwe hasozwa amarushanwa ahuza amashuri yo mu Rwanda “Amashuri Kagame Cup 2025/26” mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 13.

Imikino ya nyuma y’iri rushanwa yabereye ku bibuga byo mu Karere ka Musanze, ahitabiriye amakipe yahize ayandi ku rwego rwa ‘Ligue’ (Intara) mu Mupira w’amaguru, Basketball, Volleyball na Handball mu bahungu n’abakobwa.

Iyi mikino yatangiriye mu matsinda ku wa Gatanu, amakipe ahura hagati yayo mu gihe iya ½ n’iya nyuma yakinwe ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Kamena 2026.

Mu mupira w’amaguru w’abahungu, igikombe cyegukanywe na CS Ubumwe yo mu Karere ka Rubavu itsinze EP Nyabubare igitego 1-0 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na GS Kabara yatsinze Kigeme B ibitego 3-1.

Mu bakobwa, GS Gatizo yo mu Karere ka Kamonyi yegukanye igikombe itsinze APE Rugunga igitego 1-0 naho umwanya wa gatatu utwarwa na Doctrina yatsinze EP Mu Gisenyi ibitego 3-0.

GS Muzizi y’i Kayonza ni yo yatwaye igikombe mu bahungu bakina Basketball, itsinze EP Kacyiru amanota 36-24 mu naho GS Butete yegukana umwanya wa gatatu itsinze SOS Gikongoro amanota 36-34.

Mu bakobwa, iki gikombe cya Basketball cyatwawe na GS Muzizi itsinze SOS Gikongoro amanota 23-13 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na GS Tero itsinze La Colombiere amanota 36-2.

CS Umubano 1 y’i Rubavu ni yo yegukanye igikombe muri Volleyball y’abahungu, ikurikiwe na Ecole Etoile Rubengera mu gihe mu bakobwa hatsinze EP Karagari ikurikiwe na APEKI Amizero.

GS Rugarama y’i Kirehe yegukanye igikome cya Handball y’abahungu itsinze Indatwa y’i Rubengera ibitego 17-1 naho EP Save B yegukana umwanya wa gatatu itsinze La Colombiere.

Ni mu gihe GS Gikongoro y’i Nyamagabe yabaye iya mbere mu bakobwa itsinze Imena PS ibitego 17-12 naho GS Karama iba iya gatatu itsinze La Colombiere ibitego 17-1.

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino mu Mashuri (FRSS), Karemangingo Luke, yavuze ko urwego aba bana batarengeje imyaka 13 bagaragaje muri iyi mikino bitanga icyizere ku hazaza ha siporo y’u Rwanda kuko aya marushanwa agamije gukuza impano.

Ati “Ni icyizere cyiza tubona, igihugu cyacu gifite cy’uko ejo cyangwa ejo bundi tuzaba dufite abakinnyi beza cyane. Iyo umwana atangiye gukina kare, akabona ibikoresho n’abamutoza, ntacyamubuza kuba umukinnyi mwiza.”

Yavuze kandi ko abana bitwaye neza mu mikino itandukanye bagiye guhurizwa hamwe, bagashakirwa abatoza bashoboye bazafatanya n’abasanzwe babatoza ku mashuri, mu kwitegura imikino ya FEASSA izabera muri Tanzania muri Kanama.

Habyarimana Florent wari uhagarariye Minisiteri ya Siporo, na we yashimye urwego rw’abana yabonye, ashimangira ko bazakomeza gushyigikira iyi mikino yo mu mashuri.

Yongeyeho ati “Gahunda y’Imikino ya FEASSA, ni gahunda na Minisiteri izagiramo uruhare. Ubu turi gutegura ingando z’imyitozo z’abatarengeje imyaka 15 zizatangira tariki ya 27 Nyakanga kugeza ku ya 10 Nyakanga. Hazaba harimo ibyo byiciro by’abatarengeje imyaka 20 n’abatarengeje 15.”

Amwe mu mafoto yaranze iyi mikino:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages