Icyiciro cya mbere cy’aya mahugurwa ni ay’Urwego rwa Mbere (Level 1) cyitabiriwe n’abatoza 14 bo mu Rwanda (rwari rufitemo batandatu), Afurika y’Epfo, Nigeria, Bénin, Togo, Algeria, Kenya, Tanzania, Uganda, Sénégal na Arabie Saoudite.
Aya mahugurwa ya mbere yamaze iminsi itatu, yasojwe ku wa 30 Ukwakira, aho Perezida wa Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (NPC Rwanda), Murema Jean Baptiste, yasabye abahuguwe kubyaza umusaruro amahirwe adasanzwe babonye yo kwiyungura ubumenyi.
Janeth Mlay usanzwe ari umwarimu muri Tanzania, yavuze ko yigiye byinshi muri aya mahugurwa ndetse yiteguye kuzamura urwego rw’abo atoza.
Ati “Iyi gahunda yadufashije kumenya impamvu abantu bafite ubumuga bakora siporo aho zirimo kugira ngo na bo bisange mu bandi, ubuvuzi bw’ingingo, gukora siporo bisanzwe cyangwa by’umwuga. Hano nahakuye ubunararibonye bw’ingenzi kuko ni ubwa mbere, kandi natangiye kubishyira mu bikorwa kuko hari amasomo baduhaye mbere yo kuza hano.”
Nemeye Yves Emmanuel usanzwe ari Umutoza wa Kaminuza y’u Rwanda, yavuze ko bari basanzwe babona amahugurwa atangwa na NPC, ariko kuri ubu bishimiye kubona ayo ku rwego mpuzamahanga.
Ati “Maze imyaka umunani ndi umutoza, ariko amahugurwa nk’aya twayategereje inshuro nyinshi kugira ngo tuzamure ubumenyi, tubashe gutera indi ntambwe. Twungutse ubumenyi buhagije kandi bukomeye.”
Umutoza w’Amakipe y’u Rwanda, Dr. Mosaad Elaiuty, yavuze ko bishimiye kwakira aya mahugurwa ndetse akitabirwa n’Abanyarwanda benshi.
Yonyeyeho ati “Aba batoza batangiye mu gihe gishize, bigaga hakoreshejwe iya kure, bageze hano dushyira mu ngiro ibyo bize. Nazanye umwe mu batoza beza ku Isi, wa Iran, adusangizanya ubumenyi hamwe n’abandi bari hano.”
Amahugurwa y’Urwego rwa Kabiri ku batoza bari mu Rwanda azasozwa ku Cyumweru, tariki ya 2 Ugushyingo 2025.
Mu bari gukoresha aya mahugurwa harimo Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Iran iyoboye ibindi bihugu ku Isi muri Sitting Volleyball y’Abagabo, Hadi Rezaei; Umutoza w’Ikipe w’amakipe y’u Rwanda, Mosaad Elaiuty, Nicole Ban wo muri Canada, Bill Hamiter wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ifet Mahmutović wo muri Bosnie & Herzegovine na Tu Weiping wo muri Australia.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!