00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Niyigena yisubije irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 May 2026 saa 05:45
Yasuwe :

Niyigena Etienne yegukanye iri rushanwa rya Tennis ryo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, atsinze Rwamucyo Davide amaseti 2-0 (7-6(5), 6-4), mu irushanwa ryatewe inkunga na NCBA Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma y’irushanwa rya Tennis ryo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iri rushanwa ryahurije hamwe abakinnyi barenga 100 baturutse mu makipe yose y’abanyamuryango b’Ishyirahamwe rya Tennis mu Rwanda (FRT), bakina mu byiciro umunani.

Muri ibi byiciro harimo iby’ababigize umwuga, abatarabigize umwuga, abakuze ndetse n’abafite ubumuga. Haba mu bakina ari babiri ndetse n’abakina ari umwe, bahatanye mu bagabo ndetse n’abagore.

Abakinnyi b’itwaye neza harimo Matjaz Rakun watsinze Rukundo Innocent amaseti 2-1 (6-4, 2-6, 6-3) mu bagabo batabigize umwuga, mu bakina ari babiri muri iki cyiciro harimo Hanchez Antony ukinana na Buckley Sean batsinze Hakorimana Juvens na Mugisha Livingstone ku mukino wa nyuma (6-4, 2-6, 10-6).

Mu bagore batabigize umwuga bakina ari umwe, Umuhoza Zawadi yatsinze Umutoni Gloria amaseti 2-0 (6-2, 6-3).

Abakina ari babiri bakuze mu bagabo hatsinze Gashugi Innocent ukinana na Mucyurabuhuro Eslon, bakina na Mutabazi Jean Baptiste ukinana na Ntagungira Carpophore.

Mu bafite ubumuga bakina ari umwe mu bagore, Imaniragena Yvonne yatsinze Mutesi Faith amaseti 2-0 (6-1, 6-0), mu bagabo Hakizimana Emmanuel atsinda Ndayishimiye Ernest amaseti 2-0 (6-1, 6-1).

Mu bagore babigize umwuga Nishimwe Carine yatsinze Tuyishime Rona amaseti 2-0 (6-0, 6-1). Ni mu gihe mu bagabo Niyigena Etienne watwaye iri rushanwa mu mwaka ushize wa 2025, yaryisubije atsinze Rwamucyo Davide amaseti 2-0 (7-6(5), 6-4).

NCBA Rwanda ivuga ko izakomeza gufatanya n’Ishyirahamwe rya Tennis mu Rwanda (FRT), igamije gushyigikira no guteza imbere urubyiruko binyuze muri siporo, ariko nanone himakazwa kwigisha urubyiruko amateka y’igihugu no kurushishikariza kugira ubumwe n’ubwiyunge.

Matjaz Rakun ari gutera umupira wa mbere
Matjaz Rakun na Rukundo Innocent bahuriye ku mukino wa nyuma
Abakunzi ba Tennis bitabiriye imikino ya nyuma yo kwishyura
Matjaz Rakun yitwaye neza ku mukino wa nyuma
Imikino yo kwibuka izakomeza kuba buri mwaka
Rukundo Innocent yatsindiwe ku mukino wa nyuma
Abafana ba Tennis bakurikiye irushanwa
Umusifuzi w'umukino ari gukiranura Matjaz Rakun na Rukundo Innocent
Abakinnyi bahataniye ibihembo bya 2026
Irushanwa ryitabiriwe n'abakinnyi barimo abakuze
Umulisa Joselyne ari mu batanze ibihembo
Matjaz Rakun yahembwe na Perezida wa FRT, Karenzi Théoneste
Hanchez Antony na Buckley Sean batsinze mu bakina ari babiri batabigize umwuga
Niyigena Etienne na Nishimwe Carine ni bo begukanye irushanwa ryo kwibuka mu babigize umwuga
Abakinnyi bakinnye imikino ya nyuma y'irushanwa ryo kwibuka muri Tennis
Imaniragena Yvonne yegukanye irushanwa mu bagore babigize umwuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages