00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Jannik Sinner yambuye Carlos Alcaraz umwanya wa mbere ku Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 November 2025 saa 11:14
Yasuwe :

Umutaliyani Jannik Sinner wegukanye Paris Masters yongeye kuyobora urutonde rw’abakinnyi bakomeye ku Isi akuye kuri uyu mwanya Umunya-Espagne, Carlos Alcaraz.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tennis ku Isi ryashyize hanze urutonde rushya rw’uko abakinnyi bakurikiranye ku Isi hagendewe ku marushanwa aheruka kuba.

Rimwe mu marushanwa yabaye ni Paris Masters ryabereye gace ka Nanterr ko mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, rikaba ryitabirwa na bamwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi muri Tennis.

Ni irushanwa ritahiriye Carlos Alcaraz kuko yatsindiwe muri 1/16, akuwemo n’Umwongereza Cameron Norrie, ndetse bituma atakaza amanota 90 ku rutonde rusange.

Aya yari amahirwe kuri Jannik Sinner wari wambuwe umwanya wa mbere muri Nzeri nyuma yo gutsindirwa muri US Open.

Sinner yakomeje kwitwara neza muri iri rushanwa ndetse mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 2 Ugushyingo 2025, araryegukana nyuma yo gutsinda Umunya-Canada Félix Auger-Aliassime amaseti 2-0 ku mukino wa nyuma.

Ibi byamuhesheje guhita yunguka amanota 1000 muri iri rushanwa, agira 11.500 ku rutonde rusange, ndetse ahita arusha amanota 250 mukeba we Alcaraz wagiye ku mwanya wa kabiri .

Abandi bakinnyi bari mu myanya itanu ya mbere ni Umudage Alexander Zverev wa gatatu n’amanota 5.560; Umunyamerika Taylor Fritz wa kane afite amanota 4.735; mu gihe uwa gatanu ari Novak Djokovic ukomoka muri Serbia ufite amanota 4.580.

Jannik Sinner yasubiye ku mwanya wa mbere ku Isi muri Tennis

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages