00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Stephen Constantine watoje Amavubi yibukije Nigeria ko u Rwanda atari agafu k’imvugwarimwe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 March 2025 saa 01:32
Yasuwe :

Stephen Constantine watoje Amavubi hagati ya 2014 na 2015, yibukije Ikipe y’Igihugu ya Nigeria ko u Rwanda ari igihugu cyazamuye urwego mu mupira w’amaguru kuko nubwo ari gito, kibitse impano nyinshi muri ruhago.

Harabura iminsi mike kugira ngo Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda icakirane na Super Eagles mu mukino w’Umunsi wa Gatanu w’Itsinda C ryo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

U Rwanda rwerekeje amaso kuri iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, dore ko rutararikinaho na rimwe. Nigeria yamaze kurigira umuco kuko imaze kurijyamo inshuro esheshatu nubwo iriheruka itarigiyemo.

Mu kiganiro Umwongereza Stephen Constantine watoje Amavubi yagiranye n’ikinyamakuru DW, yagaragaje ko kuba u Rwanda ari ruto bitavuze ko rudafite impano nke mu mupira w’amaguru.

Ati "Ntabwo ingano y’igihugu cyangwa abaturage bake byakuraho ko hari aho kigera, ibyo u Rwanda rurabizi cyane. Ntekereza ko uko abantu batekereza u Rwanda ku birebana n’impano atari ko rumeze, hari impano kandi nyinshi.”

"Ahantu henshi ntabwo ibi bintu leta ijya ibijyamo, ariko mu Rwanda siporo ni cyo kintu cyahagurukiwe kugeza ku rwego benshi batabitekerezagaho."

Gutsinda Nigeria mu mukino uteganyijwe kuri Stade Amahoro, tariki ya 21 Werurwe 2025, ni intambwe ndende ku Ikipe y’u Rwanda yo kwerekana ko kera kabaye inzozi zishobora kuba impamo.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 124 ku rutonde rusange rwa FIFA, ruzahangana na Nigeria ya 80, mu gihe mu mukino amakipe yombi aheruka guhuriramo mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, Amavubi yatsinze 2-1.

U Rwanda ruyoboye Itsinda C mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi n’amanota arindwi, rugakurikirwa na Afurika y’Epfo ndetse na Benin binganya amanota, Lesotho ya kane ifite atanu, Nigeria ya gatanu ikagira atatu mu gihe Zimbabwe ya nyuma ifite abiri.

Stephen Constantine yerekanye ko mu Rwanda hari impano nyinshi za ruhago
Amavubi azacakirana na Nigeria mu cyumweru gitaha
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu mukino uheruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .