Ku wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga nibwo Umunyamabang Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, yasuye iyi stade areba aho imirimo yo kuyuka igeze mbere y’uko itahwa.
Kuri uyu wa 01/07/2020 @Rwanda_Sports yasuye Stade ya @NyagatareDistr mu rwego rwo kugenzura aho imirimo yo kurangiza kubaka igeze mbere y'uko itahwa. @AuroreMimosa @RwandaInfra @RwandaLocalGov @SMDidier1 @Ollegkar @ruguy @FERWAFA@RwandaOlympic pic.twitter.com/N5AM7sSpaL
— Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) July 1, 2020
Iyi Stade nshya ya Nyagatare, yakira abantu ibihumbi 3500 bicaye neza, yuzuye itwaye miliyoni 9$ (asaga miliyari 8.5 Frw).
Iherereye mu Murenge wa Nyagatare mu Kagari ka Barija, ikaba yarubatswe na CRBC ( China Road and Bridge Corporation).
Ni Stade ifite ikibuga cy’umupira w’amaguru, ku ruhande hakaba icya Tennis n’ikindi kizajya gikinirwamo imikino itatu itandukanye irimo Volleyball, Basketball na Handball ndetse by’akarusho ifite ’running track’ ikinirwaho n’abasiganwa ku maguru.
Buri kibuga gifite amatara ku buryo cyanakinirwaho mu masaha y’ijoro bibaye ngombwa.
Iyi Stade ya Nyagatare yatangiye kubakwa mu 2018, ni imwe muri eshatu Intara y’Iburasirazuba yemerewe na Perezida Kagame ubwo yiyamamazaga mu 2017. Izindi zubatswe mu Bugesera n’i Ngoma.
Stade ya Nyagatare yatangiye kwakira imikino y’umupira w’amaguru kuva mu Ukwakira 2019, ikinirwaho n’ikipe ya Sunrise FC ndetse yayifashije kwihagararaho cyane ubwo yabaga yakiniye mu rugo mu mwaka w’imikino wa 2019/20.



















TANGA IGITEKEREZO