00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Airports Company yegukanye ibikombe bitatu mu Irushanwa rya ARPST ryo Kwibuka (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 June 2026 saa 01:21
Yasuwe :

Rwanda Airports Company (RAC) icunga ibibuga by’indege yihariye ibikombe mu Irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST Genocide Memorial Tournament 2026], aho yegukanye ibikombe bitatu.

Mbere ya buri mukino w’iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya gatanu, ryasojwe ku wa 12 Kamena 2026, hafatwaga umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe mu 1994.

Imikino ya nyuma y’iri rushanwa ryakinwe mu mupira w’amaguru, Volleyball na Basketball, yabereye ku bibuga birimo icya Stade Mumena, CSK, RP-Kigali, Kimisagara na Zaria Courts.

RAC yatwaye igikombe cyo mu mupira w’amaguru muri ‘Category A’ ikinwa n’abakuze, inabikora muri Volleyball itsinze CHUB ndetse no muri Basketball.

Mu mupira w’aamguru, yatsinze CHUB ibitego 4-0 nk’igiteranyo cy’imikino ibiri, aho buri mukino wabonetsemo ibitego bibiri.

Mu mupira w’amaguru muri Catégorie B ikinwa n’abafite imyaka iringaniye, DGIE ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ibitego 3-2 ku giteranyo cy’imikino yombi bakinnye.

Muri Volleyball yo mu cyiciro cy’abigiye hejuru mu myaka [Catégorie A], NISR ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda RwandAir imikino yombi mu gihe muri Catégorie B muri Basketball, DGIE yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda NISR imikino yombi.

Mu cyiciro cy’abagore muri Catégorie B mu mukino wa Volleyball, RBC yabaye iya mbere nyuma yo gutsinda WASAC imikino yombi mu gihe muri Basketball muri Catégorie B, CHUB yabaye iya mbere nyuma yo gutsinda Kaminuza y’u Rwanda.

Amafoto: ARPST


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages