Iki gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu, cyateguwe na East African Youth Development Agency.
Uyu muhango wo gutanga ibihembo ku ndashyikirwa muri siporo mu Rwanda, ku nshuro ya gatatu wagombaga gutangira ku i saa Kumi n’ebyiri, ariko iki gikorwa cyaje gukererwaho hafi amasaha abiri kuko cyatangiye hafi saa mbiri z’ijoro.
Umuyobozi wa Rwanda Sports Awards, Mugisha Emmanuel, yashimiye abitabiriye uyu muhango, avuga ko batangiye batinze kubera abashyitsi bari bategereje bitakundiye ko bahagerera igihe.
Uko ibihembo byatanzwe:
Ikipe y’igihugu y’umwaka: Beach Volleyball U-19
Iyi kipe y’abangavu igizwe na Munezero Valentine na Musabyimana Penelope yitwaye neza mu 2017 ikura umudali w’umuringa mu mikino ya Common Wealth yabereye muri Bahamas n’umudali wa Feza mu mikino ya Afurika y’Urubyiruko yabereye muri Algeria muri Nyakanga 2018 mu gihe bakinnye n’imikino Olempiki yabereye i Buenos Aires muri Argentine mu Ugushyingo 2018.
Umutoza w’umwaka: Haringingo Francis Christian
Muri iki cyiciro, umutoza w’umwaka yagizwe Haringingo Francis wa Mukura Victory Sports. Uyu yafashije iyi kipe y’i Huye kwegukana igikombe cy’Amahoro cya 2018 batsinze Rayon Sprts ku mukino wa nyuma. Yafashije kandi Mukura kugera mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora agana mu matsinda ya CAF Confederation Cup 2018/19.
Umutoza w’ikipe y’igihugu w’umwaka: Mudahinyuka Christophe
N’ubwo atari mu Rwanda aho ari na RRA VC mu Misiri, Mudahinyuka Christophe yabaye umutoza w’ikipe y’igihugu w’umwaka. Umufasha we; Alexia, ni we wakiriye iki gihembo. Mudahinyuka yatozaga ikipe y’abatarengeje imyaka 19 ya Beach Volleyball.
Umufana mwiza w’umwaka: Rujugiro
Gael Duhayindavyi wa Mukura Victory Sport niwe washyikirije igihembo umufana w’umwaka wabaye Munyaneza Jacques uzwi nka Rujugiro, w’ikipe ya APR FC.
Amagare: Mugisha Samuel
Uwahize abandi mu mukino w’amagare yabaye Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda mu 2018. Uyu mukinnyi ntabwo yari ahari ngo afate igihembo cye, ariko yagifatiwe na murumuna we Nkurunziza Yves. Mugisha ukinira Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo, yagaragaye kandi no muri Tour du Rwanda ya 2019.
Mugisha yahigitse abarimo Ndayisenga Valens na Areruya Joseph wabaye umukinnyi w’umwaka wa 2018 muri Afurika.
Muri Basketball: Hagumintwari Steve
Hagumintwari Steve yafashije Patriots BBC akinira gutwara igikombe cya shampiyona n’igikombe cya Play-offs.
Kami Kabange wa REG BBC na Sagamba Sedar wa Patriots nabo bari mu cyiciro kimwe na Hagumintwari Steve.
Muri Volleyball: Akumuntu Kavalo Patrick
Umukinnyi wahize abandi mu mukino wa Volleyball yabaye Kavalo Patrick ukinira ikipe ya Gisagara VC. Uyu wakiniraga UTB VC mu mwaka ushize none ubu arabarizwa mu ikipe yo mu majyepfo yegukanye shampiyona y’umwaka ushize.
Kavalo yahigitse Mukunzi Christophe wa REG VC (yavuye muri Gisagara VC) na Dusenge Wyclif wa Gisagara VC (yavuye muri APR VC).
Umukinnyi w’umwaka muri Ruhago: Hakizimana Muhadjiri
Mu mupira w’amaguru, igihembo cyahawe Muhadjiri Hakizimana wa APR FC wari uhanganye na Abdul Rwatubyaye wakiniragana Rayon Sports mu mwaka ushize ubu akaba ari muri Sporting Kansas City yo muri Amerika na Gael Duhayindavyi wa Mukura Victory Sport.
Ntabwo Muhadjiri yabashije kuboneka kuko ari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri kwitegura Côte d’Ivoire, igihembo cye cyafashwe na Rujugiro.
Muhadjiri yafashije APR FC kwegukana igikombe cya shampiyona mu mwaka ushize w’imikino, aba uwa kabiri mu batsinze ibitego byinshi n’ibitego 13.
Ikipe nziza (Club) y’umwaka: REG BBC
Ikipe ya REG Basketb Ball Club niyo yegukanye igihembo cy’ikipe y’umwaka. Aba basohokeye u Rwanda mu mikino y’akarere ka Gatanu yabereye muri Tanzania. Batwaye kandi igikombe kibanziriza shampiyona, irushanwa ryo Kwibuka (iry’imbere mu gihugu na Mpuzamahanga) ndetse n’irushanwa ry’Intwari.
Fan Club y’umwaka: APR FC Zone 1
Fan Club y’umwaka yabaye iya APR FC Zone 1 y’ikipe y’ingabo z’igihugu mu mupira w’amaguru.
Uretse aba, hashimiwe kandi n’abarimo umutoza w’Imyitozo Ngororamubiri w’umwaka wabaye Mukasa Nelson na Gasore Serge utegura 20 Km de Bugesera.
Ubwo abahawe ibihembo batorwaga guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 15 Werurwe, amajwi y’abafana yahawe agaciro kangana na 40% binyuze kuri interineti mu gihe 60% yari yagenewe akanama nkemurampaka.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO