00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mbazi ya Ndoli yitwaye nabi: Uko imikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup yagenze

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 June 2026 saa 11:45
Yasuwe :

Imikino ya nyuma y’irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2026 yatangiye gukinirwa mu Karere ka Bugesera, ndetse Ikipe y’Umurenge wa Mbazi ikinamo umunyabigwi w’Amavubi, Ndoli Jean Claude, yasezerewe ku mwanya wa gatatu itsinzwe n’Umurenge wa Rubengera.

Iri rushanwa ryitiriwe Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu 2010, riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 20, ndetse imikino ya nyuma yatangiye gukinwa kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 kugeza 21 Kamena 2026.

Ku munsi wa mbere w’imikino ya nyuma, muri Volleyball y’Abagore Rusizi yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Musanze amaseti 3-1 (25-19, 25-21, 18-25, 25-19). Umukino wa nyuma uzahuza Ngoma na Gicumbi.

Muri Volleyball y’Abagabo, Nyanza yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Rusizi amaseti 3-1 (25-23, 25-18, 21-25, 25-16). Umukino wa nyuma uzahuriraho Kicukiro na Gasabo.

Muri Basketball y’Abagore, Ikipe ya Kicukiro yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Nyamasheke amanota 71-40. Umukino wa nyuma uzahuza Kamonyi na Kayonza.

Mu bagabo bakina Basketball, umwanya wa gatatu wegukanywe na Rwamagana yatsinze Musanze ibitego 84-61, mu gihe Kamonyi na Kicukiro zizakina umukino wa nyuma.

Umupira w’amaguru ari na wo uba utegerejwe na benshi, hakinwe umukino w’umwanya wa gatatu mu bagore usiga Gatore itsinze Mbongo ibitego 3-0 yegukana Umudali w’Umuringa, mu gihe KACYIRU izahatanira igikombe na MAHEMBE.

Mu mupira w’amaguru na ho hakinwe umwanya wa gatatu, aho Ikipe y’Umurenge wa Mbazi ikinamo Ndoli Jean Claude yatsinzwe na Rubengera itozwa na Mazimpaka Andre na we wakanyujijeho, ibitego 2-0.

Imikino yo gusiganwa ku magare yasojwe mu bakobwa hitwaye neza Nishimwe Gisele wa Kigali wabaye uwa mbere, Rose Maniranzi wa Bugesera aba uwa kabiri, mu gihe Umuhoza Nadia wa Nyagatare yabaye uwa gatatu.

Mu cyiciro cy’abagabo hitwaye neza Mfiteyezu Emmanuel wo mu Majyaruguru, Iyamuremye wo mu Majyepfo na Uwitonze Isidore wo mu Burasirazuba.

Usibye imikino ya nyuma izaba ku Cyumweru, hateganyije n’iy’abasiganwa ku maguru, abasimbuka urukiramende n’abakina igisoro.

Umurenge wa Mbazi wananiwe kubona umwanya wa gatatu
Umurenge wa Rubengera watsinze ibitego 2-0
Ikipe ya Gatore yatsinze iya Mbongo ibitego 3-0 yegukana Umudali w’Umuringa
Umurenge wa Gatore witwaye neza ku mwanya wa gatatu
Kicukiro izakina umukino wa nyuma muri Basketball y'Abagabo
Nishimwe Gisele yitwaye neza mu bakobwa basiganwa ku magare
Isiganwa ry'amagare na ryo ryabereye mu Karere ka Bugesera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages