00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Siporo Rusange yahujwe n’Ubukangurambaga #AbagoreTwagiye

Yanditswe na Iradukunda Olivier, Hakizimana Jean Paul
Kuya 2 June 2024 saa 01:12
Yasuwe :

Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange, yahujwe n’ubukangurambaga bwa #AbagoreTwagiye bwo gushishikariza abagore bo mu gihugu hose kwitabira siporo.

Ni siporo yitabiriwe n’abagore b’abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu barimo Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr. Uwamariya Valentine, Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Mukabalisa Donatille, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, Meya w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva n’abandi.

Iyi siporo yahujwe na Car Free Day, yabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 2 Kamena 2024, aho bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali batangiriye kuri BK Arena basoreza kuri Kigali Convention Centre, bafashwa n’abatoza mu myitozo ngororamubiri.

Abitabiriye iyi siporo bahawe ubutumwa bugaruka ku buryo icyuho cy’abagore mu gukora siporo kikigaragara cyane, bityo bikaba ari ngombwa ko bakunda bakanashishikariza bagenzi babo kuzikora.

Meya w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva watanze ikaze ku bitabiriye siporo, yashishikarije abaturage guhora bakora siporo mu rwego rwo kugira Umujyi mwiza utuwe n’abafite ubuzima bwiza.

Ibi byashimangiwe na Minisitiri Dr. Uwamariya Valentine wakebuye abagore, abibutsa ko gukora siporo biri mu nyungu zabo bwite ndetse no kubyaza umusaruro amahirwe igihugu kibaha.

Yagize ati “Abagabo, basaza bacu ndetse n’abana bahora bibaza bati kubera iki abagore? Ariko mu by’ukuri ikwiriye kuba iy’umuryango wose muri rusange. Siporo iraduhuza tukunga ubumwe ariko ikanatuma tugira ubuzima bwiza.”

“By’umwihariko rero abagore, iyi ni imwe mu nzira nziza zadufasha kwirinda indwara zitwibasira kuko akenshi usanga tumeze nk’aho twiyibagirwa. Igihugu cyaduhaye amahirwe, mureke tuyakoreshe.”

Kuko iyi siporo yabereye mu gihugu hose, Mukandayambaje Zubby ufite imyaka 50 wo mu karere ka Rwamagana, yavuze ko yamubereye umuti ku buzima bwe.

Ati “Ubu maze imyaka itanu nkora siporo, natangiye kuyikora nyuma yo kurwara umugongo, abaganga bakambwira ko ndamutse nkoze nyikoze yambera umuti mwiza. Ubu rwose umubiri wanjye usigaye umerewe neza nta kibazo nkigira ahubwo nashishikariza n’abandi bagore gukora siporo nyinshi.”

Abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’igihugu basanzwe bahurira muri siporo iba kabiri mu kwezi, aho nta binyabiziga bya moteri biba byemewe gukoreshwa mu masaha aba yagenwe.

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange yahujwe n’Ubukangurambaga #AbagoreTwagiye
Abagore bari mu nzego z'umutekano ntibatanzwe no gukora siporo
Imyitoza ngororamubiri yatangiriye kuri BK Arena
Abatuye mu Mujyi wa Kigali bitabiriye Siporo Rusange
Buri mugore wese yasabwe gukundisha mugenzi we siporo
Ubukangurambaga bwa #AbagoreTwagiye bubashishikariza gukora siporo bwari bwitabiriwe
Abatuye mu Mujyi wa Kigali bakoze siporo yiganjemo abagore
Abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta bitabiriye siporo
Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Mukabalisa Donatille, ari mu bazindukiye muri Siporo Rusange
Siporo yaranzwe no kunanura imitsi
Ubwitabire bwari hejuru cyane
Abitabiriye siporo bafashijwe no kunanura ingingo
Abagore bo mu Karere ka Rwamagana ntibatanzwe muri siporo Rusange
Abatuye mu Karere ka Rwamagana bahuriye hamwe bananura imitsi
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr. Nyirahabimana Jeanne yasabye abagore kongera siporo bakora
Abitabiriye Siporo Rusange bari benshi
Siporo Rusange imaze kuba umuco mu Rwanda
Siporo yabaye umuti kuri ku buzima bw'abatuye mu Mujyi wa Kigali
Abana batangiye gutozwa siporo bakiri bato
Abasaga ibihumbi 10 ni bo bitabiriye Siporo Rusange mu Karere ka Ruhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .