00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iteramakofe: Niyonzima wabonye ikipe nshya yagiye kwitegurira shampiyona muri Kenya

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 26 April 2026 saa 10:51
Yasuwe :

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Iteramakofe, Niyonzima Pacifique, yavuye mu Ikipe y’Inkuba Boxing Club yerekeza muri Bodymax, ndetse ahita jya muri Kenya kwiteguro Shampiyona y’u Rwanda.

Bodymax ni imwe mu makipe ari kwiyubaka cyane muri uyu mwaka w’imikino, aho ku ikubitiro yasinyishije nimero ya mbere mu Rwanda, Kazungu Frank.

Kazungu yahise yerekeza muri Uganda, aho yitabiriye amarushanwa ya Roots Fight Night, ahuza abakinnyi b’iteramakofe batandukanye muri Afurika, aho azakina na Okou Fredrick.

Nyuma yo kohereza uyu mukinnyi Bodymax yahise ikomeza kwiyubaka, isinyisha amasezerano y’umwaka umwe Niyonzima Pacifique, usanzwe ari nimero ya kabiri mu mukino w’Iteramakofe mu Rwanda.

Niyonzima na we yahise yerekeza muri Kenya, aho yagiye kwitegura amarushanwa ari imbere yatumye iyi kipe imusinyisha, harimo Shampiyona y’u Rwanda izakinwa muri Gicurasi 2026, hamwe n’Irushanwa ryo Kwibohora.

Nyuma y’iyi mikino, uyu mukinnyi wabigize umwuga azahita atangira kwitegura guhagararira u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatatu ‘Zone 3’, na yo izabera muri Gabon.

Niyonzima aheruka kwitwara neza mu marushanwa ya IBA World Championship yabereye i Dubai.

Niyonzima Pacifique yahagarariye u Rwanda muri IBA World Championship
Niyonzima Pacifique yagiye kwitegurira shampiyona muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages