Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Ukwakira 2021, ni bwo Iradukunda yatangajwe mu bakinnyi batatu bashya baguzwe na Township Rollers.
Township Rollers ni imwe mu makipe akomeye cyane muri Botswana ndetse mu mwaka w’imikino 2018-2019 niyo yegukanye igikombe cya Shampiyona.
Kuri ubu, Iradukunda Jean Bertrand ari mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, iri kwitegura imikino ibiri bazahuramo na Uganda, mu gushaka itike y’imikino y’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu 2022.
Uyu mukinnyi wemereye IGIHE aya makuru, yavuze ko agomba guhita yerekeza muri Botswana nyuma y’imikino y’Ikipe y’Igihugu Amavubi.
Amakuru avuga ko Gasogi United yahawe miliyoni 20 Frw ndetse Iradukunda Jean Bertrand na we agahabwa andi miliyoni 20 Frw.
Iradukunda yari amaze umwaka umwe ari umukinnyi wa Gasogi United yagezemo muri Gicurasi 2020 ku masezerano y’imyaka ibiri, avuye muri Mukura Victory Sports yari yaragezemo muri Nzeri 2018.
Mu 2012 ni bwo Iradukunda yerekeje mu Isonga FC, ajya muri APR FC muri Kamena 2014 ubwo iyi kipe ya Gisirikare yatozwaga na Mashami Vincent.
Mu 2016, Iradukunda yagiye muri Bugesera FC ku masezerano y’umwaka umwe mbere yo kwerekeza muri Police FC yakiniye imyaka ibiri, abona kujya muri Mukura Victory Sports.
Yahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 17 mu 2012, akomereza mu batarengeje imyaka 20, U23 n’Ikipe y’Igihugu Nkuru guhera mu 2014.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!